UBUTABERA

Urukiko rwasabiye Umuyobozi Mukuru wungirije wa RGB gukatirwa imyaka 5 y’igifungo kubera ibyaha yakoze

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwahamije uyu mugabo ibyo byaha ndetse rumuhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu ariko harimo ibiri n’igice isubitse no gutanga ihazabu ya miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.

Dr Nibishaka yahise ajurira icyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye mu rukiko Rukuru asaba kugabanyirizwa ibihano ndetse anemera ibyaha byose yahamijwe anabisabira imbabazi.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Kamena 2023 nibwo Urukiko Rukuru rwasomye icyemezo cyarwo ku bujurire bwe rutangaza ko ubujurire bwe budafite ishingiro.

Urukiko rwategetse ko icyemezo cy’urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gikomeza gukurikizwa.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwafashe iki cyemezo ku wa 14 Ugushyingo 2022 aho yari amaze amezi atanu muri Gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere.

Ibyaha yahamijwe Ubushinjacyaha bwagiye bugaragagaza ko yabikoze mu 2021.

Mu bihe bitandukanye Dr Nibishaka yakiriye agera kuri miliyoni 24Frw, ayatse abantu batandukanye abizeza ko azabafasha kubona visa zijya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Dr Nibishaka yasabiwe gukomeza gufungwa imyaka 5 n’urukiko

Bwagaragaje ko hari abo yabwiraga ko azababonera visa bakajya guturayo, abandi bakajya kwiga.

Dr Nibishaka kandi ngo yahimbye inyandiko binyuze mu butumire yahaye abantu abizeza ko batumiwe kujya muri Amerika. Ngo byakorwaga hakoreshejwe ‘Email’ ye.

Dr Nibishaka yagiye ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wungirije wa RGB Kuwa 17 Ukwakira 2019.

Mbere yo kujya muri izi nshingano, yari Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu mu Rwanda.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago