MU MAHANGA

Sudan: Imfungwa zigera 100 zafunguwe kubera Irayidi

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 28 Kamena, ubwo hizizwa umunsi mukuru wa Eid al-Adha Lt Gen Abdel Fattah al-Burhan yatangaje ko batanze umunsi umwe w’agahenge mu gihugu cya Sudan kimaze igihe mu ntambara.

Itangazo ryashyizwe kuri konti ya Facebook y’ingabo za leta ya Sudan rivuga ko “kuri uyu munsi w’Irayidi, igisirikare gitangaje guhagarika imirwano ku munsi wa mbere wa Eid al-Adha.”

Uyu ni umunsi ufatwa nk’ukomeye ku kirangaminsi ku idini rya Islam ku Isi yose muri rusange.

Icyakora cyo ntabwo bizwi neza niba uruhande bahanganye rwa Rapid Support Forces (RSF) ruri rwubahirize ako gahenge.

RSF ejo kuwa kabiri nayo yatangaje kuri Facebook ko kubera uyu munsi mukuru wa Eid al-Adha none kuwa gatatu rurekura imfungwa 100 z’intambara.

Itangazo rya RSF rivuga ko abarekurwa ari “abashowe mu mirwano n’abategetsi babo bakabohereza kurwana intambara itari iyabo”.

Aya matangazo aje mu gihe hamaze iminsi havugwa imirwano ikomeye hagati y’impande zombi mu murwa mukuru Khartoum – umaze amezi arenga abiri ari isibaniro – ndetse no mu yindi mijyi nka Bahri, Omdurman, n’ahandi.

Mu gihe RSF yari yatangaje agahenge guhera kuwa mbere imirwano yakomeje kuvugwa mu bindi bice no muri leta za North Kordofan na Blue Nile.

Abantu barenga miliyoni imwe bamaze kuva mu byabo kubera iyi mirwano yadutse muri Mata(4), mu gihe abari hagati ya 3,000 na 5,000 bamaze gupfa, nk’uko bivugwa na UN.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago