Ljubomir “Ljupko” Petrović ukomoka muri Serbia uvugwa kuba yagaruka muri APR FC, yakoze impanuka itunguranye y’imodoka.
Nk’uko ikinyamakuru Bulgarian Sports cyabitangaje, yakoze impanuka y’imodoka ikomeye iwabo mu mujyi wa Belgrade muri Serbia.
Ni impanuka yabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 30 Kamena ubwo uyu mugabo w’imyaka 76, iki kinyamakuru kivuga ko imodoka ye yo mu bwoko bwa Mercedes-Benz B Class yagaragaye igendera mu mukono utari uwayo ikaza kugonga indi ya Chevrolet Veo yaririmo n’ubundi umugabo ukuze.
Nyuma yo gukora impanuka ubuzima bwa Petrovic w’imyaka 76 bumeze nabi aho arembeye mu bitaro.
Yakoze impanuka mu gihe byavugwaga ko agomba kugaruka muri APR FC nk’umuyobozi wa tekinike.
Uyu mugabo watwaranye UEFA Champions League na Red Star Belgrade mu 1991, yatoje APR FC mu 2014 yongera kuyigarukamo 2018, muri iyo myaka yose ari muri APR FC yabashije kuyiha igikombe cya shampiyona.
Byavugwaga ko agomba kuza mu Rwanda ayoboye itsinda ry’abatoza bazatoza APR FC mu mwaka w’imikino wa 2023-24.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…