AMATEKA

Amateka y’ingenzi yaranze tariki 1 Nyakanga umunsi w’ubwigenge bw’u Rwanda n’u Burundi

Tariki ya 1 Nyakanga, ni umunsi wa 182 w’umwaka. Iminsi 183 ngo umwaka wa 2023 urangire. Kuri iyi tariki nibwo u Rwanda n’u Burundi bwahawe ubwigenge. Ku ruhande rw’u Rwanda Gregoire Kayibanda (uri ku ifoto) wahaye Perezida wa mbere w’u Rwanda watowe n’abaturage ni umwe mu baharaniye ko u Rwanda rwigenga.

1962: U Rwanda n’u Burundi byabonye ubwigenge mu gihe byari bikoronijwe n’u Bubiligi.

Dusubije amaso inyuma ho gato ku itariki ya 25 Nzeri 1961, mu Rwanda habayeho kamarampaka ngo hatorwe niba u Rwanda rwaba repubulika cyangwa se rugakomeza kuba ubwami, ku bwiganze hatoweko habaho repubulika. Inteko nshingamategeko yahise itora ko Kayibanda aba Ministri w’intebe naho Mbonyumutwa agirwa President w’iyo guverinema y’inzibacyuho.

Hagati y’umwaka w’1961 n’1962, impunzi z’abatutsi bari barahejwe mu gihugu zagabaga ibitero bitandukanye baba mu bihugu bituranyi by’u Rwanda Ingabo z’abahutu zari mu Rwanda zabasubizaga inyuma zinafashwa n’ubutegetsi nkoloni, ibi byatumye abantu ibihumbi n’ibihumbi bahasiga ubuzima.

Hari ku itariki ya 01 ukwezi kwa Nyakanga 1962, Ububiligi n’indorerezi z’umuryango w’abibumbye batanga ubwigenge bwuzuye ku Rwanda n’ uburundi, republic y’u Rwanda iyoborwa n’ishyaka MDR-Parmehutu, riniharira ubuyobozi bwose bw’ u Rwanda. Imyaka ibaye 55 u Rwanda rwigenga, rugiye mu mubare w’Ibihugu byigenga. Kwigenga k’ u Rwanda bivuga ko Nta muntu ugomba kuruvogera yaba ava i mahanga cyangwa se umwenegihugu wakwibeshya ko yakwigarurira byose ngo arutegeke nk’aho rutagira banyirarwo.

Ubundi ubwigenge bw’igihugu ni ukwibohora kikava ku ngoyi n’agacinyizo k’umunyamahanga cyangwa agatsiko kaba kagikandamije, maze abenegihugu bakisanzura iwabo.

Ni ukugira ubusugire n’ubwigenge busesuye, maze igihugu kikayoborwa na benecyo kandi atari bamwe bakandamiza abaturage bagasigara batunzwe no kurya imitsi ya rubanda ; si ukureba ibyiza n’ubukungu bukirimo ngo wirengagize abagituye, amateka yabo, umuco wabo n’imibereho yabo.

Ni Umunsi W’ubwigenge mu Rwanda no mu Burundi, Naho kiliziya gatolika irazirikana mutagatifu Aaron.

1618: Ferdinand II yambitswe ikamba ryo kuba umwami w’ubwami bwa Hongrie.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago