Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yatangaje ko isi yose ishaka kwica Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin.
Ibi yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru i Kiev mu mpera z’icyumweru.
Zelensky yabajijwe mu kiganiro n’abanyamakuru – niba ubuzima bwe bwaba buri mu kaga cyangwa niba ubuzima bwe bukomeje kuba bubi?
Mu gusubiza, perezida wa Ukraine yagize ati “Mvugishije ukuri, biteye ubwoba kuri Putin kuruta njye.” Kuberako Uburusiya bwonyine bushaka kunyica. Ku rundi ruhande, isi yose yo ishaka kumwica (Putin).
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze kandi ko byibuze abacanshuro ba Wagner bagera ku 21.000 bishwe igihe barwanaga n’igihugu cye.
Yavuze ko Itsinda rya Wagner ryatakaje ingabo nyinshi, cyane cyane mu burasirazuba bwa Ukraine, aho ingabo zikomeye mu gihugu cye zirwanira.
Perezida wa Ukraine yavuze ko inyeshyamba z’umutwe wa Wagner zagize ingaruka zikomeye ku butegetsi bwa Perezida w’Uburusiya Putin. Ifite kandi ingaruka ku rugamba bakomeje guhanganamo. Aho ashimangira ko ingabo z’igihugu cye zizabyungukiramo.
Zelenskyy ati “Tugomba kwifashisha muri icyo kibazo. Tugomba gufatiranye ubu buryo kugira ngo twirukane abanzi mu butaka bw’igihugu cyacu.”
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…