MU MAHANGA

Perezida w’u Burundi Evariste yakoze ku mushahara we atanga ishimwe kuba Minisitiri bibiri

Perezida w’u Burundi Ndayishimiye Evariste yakoze benshi ku mutima aremera aba Minisitiri babiri bari ku butegetsi, amafaranga yakuye ku mushahara we.

Kuri Minisitiri w’inyubako n’imihanda, Perezida Ndayishimiye yagize ati “Uvuga rimwe, akumva gatanu. Ngira ngo abakoraga urugendo rwa Bujumbura-Gitega, ubu igitoro musigaye munywa cyaragabanyutse, n’imodoka zagendaga zita ibyuma mu nzira, bu ntizikibita.”

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yahaye ishimwe ba Minisitiri be

Kuri Minisitiri w’umutekano w’imbere. Ndayishimiye yasobanuye ati: “Uwo Minisitiri akurikirana ubuzima bw’abenegihugu nk’uko abishinzwe. Ba Guverineri barabizi. Umuruho nari mfite mbere, si wo mfite ubu. Ariko nyine n’uwo yasimbuye na we nyine yari umukozi, ni cyo gituma na we yabonye agashimwe, murabona ko dusigaye twicarana imbere [ni Gervais Ndirakobuca, Minisitiri w’Intebe].”

Ku munsi w’ubwigenge u Burundi bwizihije tariki ya 1 Nyakanga 2023, Perezida Ndayishimiye yasobanuye ko nta midali yambika aba ba Minisitiri kubera ko batari ku rutonde rw’abatoranyijwe na komite ibishinzwe, gusa yabemereye amafaranga y’Amarundi miliyoni 10 kuri buri umwe.

Yagize ati: “Mu kigega hari amafaranga abenegihugu muhora munteganyiriza yo gufasha no gukora ibikorwa by’iteka mu gihugu. None rero, ndabahaho umwe umwe miliyoni 5. Babaye icyitegererezo kandi mbateye intege.”

Hari abandi batoranyijwe na komite ibishinzwe bahawe ishimwe kubera ibikorwa by’ubutwari bakoze. Barimo umugore wa Perezida Ndayishimiye, Angeline Ndayubaha, na Caporal Nduwayo Jean Claude witangiye umuyobozi we ubwo umutwe witwaje intwaro wa Al Shabab wagabaga igitero ku ngabo z’u Burundi muri Somalia.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

4 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

5 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

5 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

5 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

5 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

6 days ago