Uyu muhanzi wo muri Amerika, Selena Gomez, yerekeje ku rubuga rwe rwa Instagram ku ya 2 Nyakanga, aho yagaragarije ibyishimo bikomeye by’umuririmbyi wo muri Nigeria, Rema.
Mu nyandiko ye yaherekeje ifoto barikumwe, Selena yerekanye ko Rema yahinduye ubuzima bwe nyuma yuko basubiranyemo indirimbo ‘Calm Down’. Yavuze ko yishimiye ko uyu muhanzi yamuhisemo kuba muri iyo ndirimbo ye imaze gukundwa cyane ku isi.
Selena w’imyaka 30 yagize ati “Uyu mugabo yahinduye ubuzima bwanjye ubuziraherezo. Rema warakoze kuba warampisemo kuba najya mu ndirimbo yawe nziza kuri iyi Isi, Ndagukunda ubuziraherezo Rema.
Mu kumusubiza kuri urwo rubuga Rema nawe yanditse agira ati “Nanjye ndagukunda Mwamikazi arenzaho emoji y’umutima”.
Rema yasubiranyemo na Selena Gomez mu ndirimbo ye yakoze amateka, ‘Calm Down’ imaze kumvwa n’ama miliyoni menshi ku Isi igakora amateka mu bihugu byinshi by’imigabane itandukanye kubera gukundwa.
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…
Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…
José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…
Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz yasabye Perezida Samia Suluhu Hassan gushyiraho inyubako yakira ibitaramo…