IMYIDAGADURO

Selena Gomez yakeje umuhanzi w’umunya-Nigeria Rema

Uyu muhanzi wo muri Amerika, Selena Gomez, yerekeje ku rubuga rwe rwa Instagram ku ya 2 Nyakanga, aho yagaragarije ibyishimo bikomeye by’umuririmbyi wo muri Nigeria, Rema.

Advertisements

Mu nyandiko ye yaherekeje ifoto barikumwe, Selena yerekanye ko Rema yahinduye ubuzima bwe nyuma yuko basubiranyemo indirimbo ‘Calm Down’. Yavuze ko yishimiye ko uyu muhanzi yamuhisemo kuba muri iyo ndirimbo ye imaze gukundwa cyane ku isi.

Umuhanzikazi ukomeye ku Isi Selena Gomez yakeje umuhanzi w’umunya-Nigeria Rema

Selena w’imyaka 30 yagize ati “Uyu mugabo yahinduye ubuzima bwanjye ubuziraherezo. Rema warakoze kuba warampisemo kuba najya mu ndirimbo yawe nziza kuri iyi Isi, Ndagukunda ubuziraherezo Rema.

Mu kumusubiza kuri urwo rubuga Rema nawe yanditse agira ati “Nanjye ndagukunda Mwamikazi arenzaho emoji y’umutima”.

Rema yasubiranyemo na Selena Gomez mu ndirimbo ye yakoze amateka, ‘Calm Down’ imaze kumvwa n’ama miliyoni menshi ku Isi igakora amateka mu bihugu byinshi by’imigabane itandukanye kubera gukundwa.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago