INKURU ZIDASANZWE

Yolo The Queen bwa mbere yatangaje ko atwite

Yolo The Queen uri mu bavugisha benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga by’umwihariko urubuga rwa Instagram kera kabaye yatangaje ko atwite.

Advertisements

Ni nyuma y’ikibazo yarabajijwe n’umukunzi we umukurikira kuri urwo rubuga rwa Instagram.

Kirenga Phiona wamamaye nka Yolo The Queen ku mbuga nkoranyambaga agafatwa nka numero ya mbere mu bakobwa bakurura benshi kubera ikimero cye ntakunze kugaragara kandi ni ubwa mbere atangaje ko atwite.

N’ubwo avugisha benshi mu byamamare barimo na bakomeye ku Isi, nta muntu uzwi mu byukuri waba akundana n’uyu mukobwa.

Amakuru twe twatahuye ni uko uyu mukobwa ukunda kugendera mu bihugu bitandukanye kubera ubwamamare bwe ariko ubusanzwe atuye i Rwamagana ariho yubatse ndetse akaba afite n’umwana umwe n’ubwo adakunda kumugaragaza.

Yolo The Queen uretse kuba ari umunyamideli azwiho kuba n’umucuruzi mu bijyanye n’ivunjafaranga rikorerwa murandasi (Forex Trading).

Yolo The Queen akunze kuvugisha benshi kubera imiterere ye

Atangaje ko atwite nyuma y’iminsi mike, umuhanzi ukomoka muri Tanzania yigamba ko yihebeye iki kizungerezi, n’ubwo Yolo The Queen aheruka kubihakana mu butumwa n’ubundi yarasubije umufana we ku rubuga rwa Instagram.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram Story ubwo yasubizaga uwari umubajije impamvu atagitambutsa amafoto ye kenshi, amubwira ko atwite ariyo mpamvu.

Uwamubajije yagize ati “Kuki utagitambutsa amafoto yawe muri iyi minsi?, Yolo amusubiza ati “ Ndatwite”

Uyu mukobwa kandi yatangaje ko atwite nyuma y’amezi make Harmonize atangaje ko agiye kugura inzu i Kigali akegera iki kizungerezi yihebeye.

Harmonize aherutse kwerekana ko yihebeye ikizingerezi Yolo The Queen

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago