Mu ijoro ryo cyumweru, Nyina w’umuraperi w’icyamamare Jay-Z, witwa Gloria Carter yakoranye ubukwe n’umugore mugenzi we Roxanne Wilshire bamaze igihe kinini bakundana mu birori byabereye mu Mujyi wa New York.
Ni ubukwe bwitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye ku Isi birimo Na Beyoncé usanzwe ari umugore wa Jay-Z, Kelly Rowland, Tina Knowles-Lawson, Tyler, Perry na Robin Roberts.
Muri ibi birori byari bitabiriwe n’ibihangange ngo bakiriwe ahitwa Tribeca, aho byasojwe mu masaha ya Saa Saba z’ijoro.
Ubwo umugoroba w’ikirori wageraga abashakanye bagaragaye baserutse mu myambaro myiza, aho Gloria yaserutse mu isuti y’umweru mugihe Roxanne yari yambaye ikanzu y’umweru ishashagirana.
Jay-Z ni umwe mu bashyigikiye cyane Gloria, waje kuba umutiganyi (lesbiyan) nk’uko yabiririmbye mu ndirimbo ye yise “Smile” 2017. Ubwo yumvikana mu ndirimbo avuga “gutura mu gicucu” ni nk’umugore uhuza igitsina na mugenzi we w’umugore.
Ati: “Mama yari afite abana bane, ariko ni umutinganyi (lesbiyani) / Yagombaga kwitwaza igihe kirekire kandi asanzwe ari nk’umukinnyi w’ikinamico/ Yagombaga kwihisha mu kabati, bityo yivura / biteye isoni muri soriyete kandi ububabare bwari bukabije ku buryo atashobora kwifata”. Yarafashwe “arimo kurira amarira y’ibyishimo mugihe wanyuzwe n’urukundo, ntugirehe ikibazo niba arinjye cyangwa we/ndashaka kukubona usekera abakwanga/Marie Antoinette, baby reka birire umutsima.
Jay-Z yemeje mu kiganiro yagiranye na David Letterman kuri filime y’uruhererekane yanyuzwaga kuri Netflix, My Next Guest Needs No Introduction ko yagize amarira y’ibyishimo amaze kubona ko nyina yamaze kujya mu rukundo.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…