INKURU ZIDASANZWE

Ubufaransa: Polisi yishe undi musore mu myigaragambyo yabereye ‘Marseille’

Ku wa kabiri tariki ya 4 Nyakanga, ubushinjacyaha bw’Ubufaransa bwatangije iperereza ku rupfu rw’umusore w’imyaka 27, warashwe n’amasasu mu gihe cy’imvururu yabaye ku wa gatandatu tariki 1 Nyakanga, nk’uko ubushinjacyaha bwa Marseille bw’abitangaje.

Ibi bibaye mu gihe habaye imvururu z’abaturage mu Bufaransa nyuma y’urupfu rw’umwana w’umuhungu w’imyaka 17, Nahel Merzouk, yarashwe n’umupolisi ubwo yari ahagaritswe mu muhanda mu mujyi wa Paris mu cyumweru gishize.

Nahel umwana w’imyaka 17 wishwe bigateza imvururu mu Bufaransa

Ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage byatawe muri yombi mu cyumweru cyaranzwe n’imyigaragambyo yabereye mu gihugu hose, abapolisi bagera ku 45.000 boherejwe muri iyo mihanda kugira ngo ihoshe izo mvururu.

Abashinjacyaha bavuga ko urupfu rw’uwo musore utaravuzwe amazina i Marseille rwatewe no gukomeretswa bikabije mu gatuza biturutse ku ituritswa ry’igisasu cya ‘flash-ball’ nk’uko byakoreshwaga n’abapolisi bahoshaga imvururu, ariko ntibagaragaza uwateye ibyo byago.

Uyu musore yapfuye mu ijoro ryo kuya 1 Nyakanga rishyira ku ya 2 Nyakanga, mu gihe bavuga ko yari yishoye mu mvururu yabereye i Marseille.

Abashinjacyaha bavuze ko badashoboka kumenya neza aho uyu musore yari ari igihe yaraswaga cyangwa niba yarahohotewe n’uwahoshaga izo mvururu.

Benshi bavuga ko ingaruka z’ibyo bisasu ba baminjemo zabaye nyiri bayazana wo guhagarara ku mutima w’uwo musore ndetse byatumye habaho urupfu rutunguranye.

Uyu munsi Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yahuye n’abayobozi batandukanye kugira ngo barebere hamwe igisubizo kirambye zatewe ‘imvururu’ nyuma y’urupfu rwa Nahel rwashenguye benshi.

Polisi irashinjwa kwica undi musore mu myigaragambyo yabereye i Marseille

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

14 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago