Polisi irashinjwa kwica undi musore mu myigaragambyo yabereye i Marseille
Ku wa kabiri tariki ya 4 Nyakanga, ubushinjacyaha bw’Ubufaransa bwatangije iperereza ku rupfu rw’umusore w’imyaka 27, warashwe n’amasasu mu gihe cy’imvururu yabaye ku wa gatandatu tariki 1 Nyakanga, nk’uko ubushinjacyaha bwa Marseille bw’abitangaje.
Ibi bibaye mu gihe habaye imvururu z’abaturage mu Bufaransa nyuma y’urupfu rw’umwana w’umuhungu w’imyaka 17, Nahel Merzouk, yarashwe n’umupolisi ubwo yari ahagaritswe mu muhanda mu mujyi wa Paris mu cyumweru gishize.
Ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage byatawe muri yombi mu cyumweru cyaranzwe n’imyigaragambyo yabereye mu gihugu hose, abapolisi bagera ku 45.000 boherejwe muri iyo mihanda kugira ngo ihoshe izo mvururu.
Abashinjacyaha bavuga ko urupfu rw’uwo musore utaravuzwe amazina i Marseille rwatewe no gukomeretswa bikabije mu gatuza biturutse ku ituritswa ry’igisasu cya ‘flash-ball’ nk’uko byakoreshwaga n’abapolisi bahoshaga imvururu, ariko ntibagaragaza uwateye ibyo byago.
Uyu musore yapfuye mu ijoro ryo kuya 1 Nyakanga rishyira ku ya 2 Nyakanga, mu gihe bavuga ko yari yishoye mu mvururu yabereye i Marseille.
Abashinjacyaha bavuze ko badashoboka kumenya neza aho uyu musore yari ari igihe yaraswaga cyangwa niba yarahohotewe n’uwahoshaga izo mvururu.
Benshi bavuga ko ingaruka z’ibyo bisasu ba baminjemo zabaye nyiri bayazana wo guhagarara ku mutima w’uwo musore ndetse byatumye habaho urupfu rutunguranye.
Uyu munsi Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yahuye n’abayobozi batandukanye kugira ngo barebere hamwe igisubizo kirambye zatewe ‘imvururu’ nyuma y’urupfu rwa Nahel rwashenguye benshi.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…