Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 5 Nyakanga 2023, nibwo ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda kifashishije urubuga rwa rwabo rwa Twitter cyatangaje ko umupaka wa Rwempasha uhuza u Rwanda na Uganda watangiye gukora.
Uyu mupaka mushya uherereye mu Ntara y’Uburasirazuba, mu Karere ka Nyagatare ho mu Murenge wa Rwempasha mu Kagari ka Rugarama.
Ni mu butumwa bagize bati “Ubuyobozi Bukuru Bushinzwe abinjira n’abasohoka, buramenyesha abaturage ko umupaka mushya wa Rwempasha/Kizinga uhuza u Rwanda na Uganda mu karere ka Nyagatare, ufunguye ku bagenzi bose guhera uyu munsi tariki 5 Nyakanga 2023.”
Uyu mupaka wafunguwe bwa mbere mu 2007 nyuma y’uko abaturage benshi bari bamaze kugaragaza ko hakorerwa ubucuruzi bwambukiranya imipaka ku buryo hekenewe umupaka.
Amakuru avuga ko uyu mupaka wari umaze igihe ufunze kubera imirimo yo kuwuvugurura kugira ngo ujyane n’igihe.
Bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bakiranye ubwuzu ifungurwa ry’umupaka mushya wa Rwempasha uhuza u Rwanda na Uganda. Aho bavuga ko uzakemura ikibazo cy’abambuka banyuze mu nzira zitemewe.
Uyu mupaka witezweho no kunoza ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi.
Uyu mupaka kandi uje wiyongera ku yindi mipaka itatu ari yo Cyanika, Gatuna na Kagitumba.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…