Umunya Cameroun Willy Essomba Onana ukina asatira izamu yerekanywe nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Nyakanga, nibwo batangaje aya makuru babinyujije ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe ikomeye muri icyo gihugu.
Willy Onana wahiriwe n’imyaka ibiri yaramaze mu ikipe ya Rayon Sports yerekeje muri shampiyona yo muri Tanzania, iri mu zikomeye mu Karere nyuma yo kuva mu Rwanda yegukanye igikombe cya Amahoro.
Byari bimaze iminsi bivugwa ko uyu mukinnyi yamaze kumvikana n’ikipe ya Simba Sc, gusa hakaba hasigaye kubiha umugisha.
Kuri ubu amakuru ahari avuga ko Onana yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Simba Sc.
Uku kuva muri Rayon Sports kandi byahawe umugisha nayo, aho yamwifurije ishya n’ihirwe muri Simba Sc yerekejemo.
N’ubwo ikipe ya Rayon Sports itabashije kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda 2022/2023, ntibyabujije uyu munya-Cameroun gusoza ariwe uyoboye abandi mu bitego byinshi 16.
Amakuru avuga ko Onana azajya yakira umushahara mbumbe w’ibihumbi bitatu by’Amadorali ya Amerika (3000$) yishyuriwe ibindi byose nkenerwa.
Simba Sc ikomeje kwibikaho ibikomerezwa nyuma yo kidahirwa na shampiyona y’umwaka washize yatwawe na Yanga African S.c ari nako isezerera benshi bayikinagamo.
Umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike…
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…
Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…
Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…
Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…
Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…