IMIDERI

Jay-Z, Jennifer Lopez, Usher, Mbappe, Rick Ross, Justin Bieber, mu byamamare birenga 100 byitabiriye ibirori bya bambaye imyenda y’umweru by’umuherwe Michel Rubin-AMAFOTO

Umuherwe w’umunyamerika Michel Rubin yakoresheje ikirori cy’abambaye imyenda y’umweru (White Party) cyabaye ku munsi wo kuwa 4 Nyakanga, bikitabirwa n’ibyamamare bikomeye bitandukanye.

Uyu muherwe utunze miliyari ya Amerika Rubin yongeye kuvugwa cyane nyuma yo gukora ikirori gikomeye uyu mwaka agakusanya ibyamamare bitandukanye mu kirori cyabereye mu bwato i Hamptons bose baserutse bambaye imyenda y’umweru, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru w’Ubwigenge wa Amerika.

Ibyamamare byitabiriye ibyo birori bikomeye birimo Justin Bieber n’umukunzi we Hailey, Ben Affleck, Jennifer Lopez, JAY-Z, Beyoncé, Emily Ratajkowski, Kevin Hart, Kevin Durant, Jayson Tatum, Tom Brady, Winnie Harlow, Kelly Rowland, Corey Gamble, Kim Kardashian , Kendall Jenner, n’abandi benshi.

Abandi bitabiriye icyo kirori barimo Kylian Mbappe, Lori Harvey, Kim K, LaLa Anthony, Hailey Bieber, Ne-Yo, Usher, Travis Scott, Jack Harlow na Druski, French Montana n’inkumi nyinshi z’ikimero.

Rubin yazanye kandi imwe muri za resitora nziza ibarizwa muri New York ihagaze miliyoni 50 z’amadolari y’Amerika murugo rwe mu rwego rwo kwizihiza ibirori, harimo n’ibyamamare Lucali na Cucina Alba bazwiho gukora ibijyanye na Pizza.

Ben Affleck n’umugore we Jennifer Lopez
Dj Khaled hamwe na Ne-Yo

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago