Itahiwacu Bruce wamenyekanye nka Bruce Melodie mu muziki Nyarwanda yatumiwe gutaramira abakunzi be batuye gihugu cy’u Burundi.
Uyu muhanzi umaze kubaka izina mu Karere k’Iburasirazuba kubera ibikorwa bya muzika birimo n’ubuhanga budashidikanywaho agiye kongera gususurutsa abakunzi be baturiye i Gitega mu gitaramo cya Primusic.
Iki gitaramo yatumiwe cya Primusic kizaba gihuzwa n’umunsi wo gusoza igikorwa cy’amarushanwa to kuririmba ategurwa n’uruganda rwega ibinyobwa bisindisha n’ibidasindisha (Brarudi), aho giteganyijwe kuba kuwa 30 Nyakanga 2023 kuri sitade ya Ngoma i Gitega.
Nk’uko yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Bruce Melodie yagize ati “Burundi Burundi uyu ni Bruce Melodie, igitangaza tariki 30 z’ukwa karindwi (Nyakanga) kuri final ya Primusic tuzabana kuri sitade ya Ngoma i Gitega, ntimuzabure, muzaze tuhatwike.”
Bruce Melodie yaherukaga i Bujumbura mu kwezi kwa 9 (Nzeri) 2022, aho yahakorera ibitaramo bibiri bikomeye byasigaye benshi mu mitwe yabo kubera ubwitabire bw’ibyo bitaramo byari hejuru.
Ibitaramo bya Primusic bisanzwe bikorwa mu gihugu cy’u Burundi aho bagenda mu bice bitandukanye mu Ntara z’iki gihugu harebwa abanyempano bazi kuririmba kurusha abandi bakazahabwa ishimwe rifatika.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…