RWANDA

Umuhanzi Bruce Melodie yatumiwe gutaramira i Burundi

Itahiwacu Bruce wamenyekanye nka Bruce Melodie mu muziki Nyarwanda yatumiwe gutaramira abakunzi be batuye gihugu cy’u Burundi.

Uyu muhanzi umaze kubaka izina mu Karere k’Iburasirazuba kubera ibikorwa bya muzika birimo n’ubuhanga budashidikanywaho agiye kongera gususurutsa abakunzi be baturiye i Gitega mu gitaramo cya Primusic.

Iki gitaramo yatumiwe cya Primusic kizaba gihuzwa n’umunsi wo gusoza igikorwa cy’amarushanwa to kuririmba ategurwa n’uruganda rwega ibinyobwa bisindisha n’ibidasindisha (Brarudi), aho giteganyijwe kuba kuwa 30 Nyakanga 2023 kuri sitade ya Ngoma i Gitega.

Bruce Melodie yatumiwe gutaramira muri Primusic

Nk’uko yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Bruce Melodie yagize ati “Burundi Burundi uyu ni Bruce Melodie, igitangaza tariki 30 z’ukwa karindwi (Nyakanga) kuri final ya Primusic tuzabana kuri sitade ya Ngoma i Gitega, ntimuzabure, muzaze tuhatwike.”

Bruce Melodie yaherukaga i Bujumbura mu kwezi kwa 9 (Nzeri) 2022, aho yahakorera ibitaramo bibiri bikomeye byasigaye benshi mu mitwe yabo kubera ubwitabire bw’ibyo bitaramo byari hejuru.

Ibitaramo bya Primusic bisanzwe bikorwa mu gihugu cy’u Burundi aho bagenda mu bice bitandukanye mu Ntara z’iki gihugu harebwa abanyempano bazi kuririmba kurusha abandi bakazahabwa ishimwe rifatika.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago