RWANDA

Umuhanzi Bruce Melodie yatumiwe gutaramira i Burundi

Itahiwacu Bruce wamenyekanye nka Bruce Melodie mu muziki Nyarwanda yatumiwe gutaramira abakunzi be batuye gihugu cy’u Burundi.

Advertisements

Uyu muhanzi umaze kubaka izina mu Karere k’Iburasirazuba kubera ibikorwa bya muzika birimo n’ubuhanga budashidikanywaho agiye kongera gususurutsa abakunzi be baturiye i Gitega mu gitaramo cya Primusic.

Iki gitaramo yatumiwe cya Primusic kizaba gihuzwa n’umunsi wo gusoza igikorwa cy’amarushanwa to kuririmba ategurwa n’uruganda rwega ibinyobwa bisindisha n’ibidasindisha (Brarudi), aho giteganyijwe kuba kuwa 30 Nyakanga 2023 kuri sitade ya Ngoma i Gitega.

Bruce Melodie yatumiwe gutaramira muri Primusic

Nk’uko yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Bruce Melodie yagize ati “Burundi Burundi uyu ni Bruce Melodie, igitangaza tariki 30 z’ukwa karindwi (Nyakanga) kuri final ya Primusic tuzabana kuri sitade ya Ngoma i Gitega, ntimuzabure, muzaze tuhatwike.”

Bruce Melodie yaherukaga i Bujumbura mu kwezi kwa 9 (Nzeri) 2022, aho yahakorera ibitaramo bibiri bikomeye byasigaye benshi mu mitwe yabo kubera ubwitabire bw’ibyo bitaramo byari hejuru.

Ibitaramo bya Primusic bisanzwe bikorwa mu gihugu cy’u Burundi aho bagenda mu bice bitandukanye mu Ntara z’iki gihugu harebwa abanyempano bazi kuririmba kurusha abandi bakazahabwa ishimwe rifatika.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago