IMIKINO

APR Fc yatandukanye n’abakinnyi 10 barimo n’uwari Kapiteni wayo

APR Fc ikomeje kwiyubaka mu kwitegura amarushanwa y’umwaka utaha w’imikino yasezereye abakinnyi 10 bari basanzwe mu ikipe barimo n’uwari kapiteni wayo Manishimwe Djabel.

Advertisements

Ni mugihe abandi bakinnyi babiri barimo Ishimwe Anicet, Mugunga Yves batijwe.

Ibi bikubiye mu myanzuro y’inama yahuje ubuyobozi bw’iyi kipe y’ingabo z’u Rwanda n’abakinnyi bayo ku kicaro gikuru.

APR FC yirukanye abakinnyi bayo 10 ikataje ku isoko ryo kugura abakinnyi b’abanyamahanga nyuma yo kureka gahunda yari yarihaye yo gukinisha abakinnyi baba Nyarwanda.

Mu butumwa ubuyobozi bw’ikipe bwagiye bugarukaho mu minsi yashize bwagiye bavuga ko igihe kigeze ngo ikipe igere ku ruhando mpuzamahanga, nyuma yo kwegukana ibikombe birenga 20 bya shampiyona bakwiriye gushaka n’ibikombe byo ku rwego rwa Afurika.

Mu bakinnyi basezerewe barimo Manishimwe Djabel wari usanzwe ari Kapiteni w’iyi kipe, Itangishaka Blaise, Mugisha Bonheur, Rwabuhihi Placide, Ishimwe Fiston, Ndikumana Fabio, Nsanzimfura Keddy, Ndayishimiye Dieudonne, Uwiduhaye Aboubakar na Nsengimana Irishad; mu gihe abatijwe ari Mugunga Yves na Ishimwe Anicet.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago