Abana babiri bigaga mu mashuri abanza mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, barohamye mu Mugezi wa Nyabarongo bahita bapfa.
Aba bana barimo uwitwa Niyomukiza Eric w’imyaka 11 na Niyomugabo Claude w’imyaka 9 y’amavuko, bari batuye mu Kagari ka Bweramvura muri uyu Murenge wa Kinihira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwahamije ko aba bana barohamye ahagana saa munani z’amanywa yo kuwa Gatatu tariki ya 12 Nyakanga 2023.
Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mukangenzi Alphonsine,yavuze ko aba bana barohamye ubwo ababyeyi babo bari babatumye kwahira ubwatsi bw’amatungo.
Yavuze ko imirambo yabo yahise ikurwa muri uwo mugezi wa Nyabarongo.
Uyu muyobozi yashimangiye ko aba bana bashyinguwe kuri uyu wa Kane aboneraho kwihanganisha imiryango yabo no gusaba ababyeyi kujya bamenya neza aho abana babo baba baherereye no kujya birinda ko bijyana mu kwirinda ko bahura n’ibyago nk’ibyo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…