INKURU ZIDASANZWE

Abana babiri barohamye muri Nyabarongo bahita bapfa

Abana babiri bigaga mu mashuri abanza mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, barohamye mu Mugezi wa Nyabarongo bahita bapfa.

Advertisements

Aba bana barimo uwitwa Niyomukiza Eric w’imyaka 11 na Niyomugabo Claude w’imyaka 9 y’amavuko, bari batuye mu Kagari ka Bweramvura muri uyu Murenge wa Kinihira.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwahamije ko aba bana barohamye ahagana saa munani z’amanywa yo kuwa Gatatu tariki ya 12 Nyakanga 2023.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mukangenzi Alphonsine,yavuze ko aba bana barohamye ubwo ababyeyi babo bari babatumye kwahira ubwatsi bw’amatungo.

Yavuze ko imirambo yabo yahise ikurwa muri uwo mugezi wa Nyabarongo.

Uyu muyobozi yashimangiye ko aba bana bashyinguwe kuri uyu wa Kane aboneraho kwihanganisha imiryango yabo no gusaba ababyeyi kujya bamenya neza aho abana babo baba baherereye no kujya birinda ko bijyana mu kwirinda ko bahura n’ibyago nk’ibyo.

Abana babiri bigaga mu mashuri abanza mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, barohamye mu Mugezi wa Nyabarongo bahita bapfa

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago