Ikipe y’Igihugu ya Basketball ya Angola yari murugo yaraye isezerewe muri 1/4 n’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mikino ya ‘FIBA AfroCan 2023’.
N’irushanwa ryitabirwa n’amakipe y’ibihugu n’abakinnyi bakina imbere ku mugabane w’Afurika.
Ni intsinzi yagizwemo uruhare rikomeye n’umukinnyi Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson watsinze wenyine amanota 22, mu manota 73 kuri 63 u Rwanda rwatsinze Angola.
Benshi mu bafana ibihumbi bari bateraniye muri Sitade ya Arena de Kilamba iherereye i Luanda bemejwe n’imikinire y’uyu mukinnyi wagize uruhare mu isezerwa ry’ikipe y’Igihugu ya Angola yari yiteze intsinzi murugo.
Ubwo umukino warangiraga abafana bahisemo kumanuka hafi ku kibuga kugira ngo bafate agafoto kazababera urwibutso kuri uyu mukinnyi w’umunyarwanda Jean Jacques Wilson wogeje amaso yabo.
U Rwanda rwasezereye Angola rukagera muri ½ rurakina na Côte d’Ivoire kuri uyu wa gatanu ku isaha ya Saa Moya z’ijoro z’i Kigali.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…