UBUZIMA

Ruhango: Yagiye gutaha ibirori by’umubatizo apfirayo

Umugabo witwa Ishimwe Gerard uri mu kigero cy’imyaka 32 wari wagiye gutaha ibirori by’umubatizo mu Karere ka Ruhango bamusanze mu kagozi yapfuye.

Advertisements

Uyu mugabo yabyutse mu gitondo ku Cyumweru tariki 16 Nyakanga, avuye i Kigali yerekeza mu Karere ka Ruhango gusura abagize umuryango we barimo n’ababyeyi be no gutaha ibyo birori bya batisimu by’umwana wa Mushiki we (Umwishywa we).

Gusa amakuru ntiyaje kuba meza kuko basanze Gaspard amanitse mu kagozi yashizemo umwuka.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Rwoga, mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango.

Aya mahano kandi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge Kabagari Gasasira Francois Regis wemereye UMUSEKE dukesha iy’inkuru ko bayamenye nabo mu rukerera.

Bwana Regis yagize ati “Twabimenye mu rukerera ko bikekwa ko yapfuye yiyahuye hanyuma tujyayo dusanga nibyo. RIB ijyayo ireba ibyabaye, hakorwa iperereza ry’ibanze.”

Muyandi makuru Gitifu yavuze ko batazi intandaro y’uwo mugabo kwiyambura ubuzima.

Aho yavuze ko ubusanzwe uwo mugabo yaravuye mu Mujyi wa Kigali, abo mu muryango we nabo bagatungurwa no kubona ibyo byabaye.

Uyu mugabo kandi ngo mbere y’uko apfa yari yasize urwandiko avuga ko ‘napfa hatazigara umuntu umuririra’.

Mu nama Gitifu yatanze harimo ko abaturage bajya birinda kujya biyahura ndetse no kujya amakuru ku gihe.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu bitaro bya Gitwe kugirango bikorerwe isuzuma.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago