Uncategorized

Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw’umuraperi 2PAC

Abakora iperereza basatse urugo ruri mu gace ka Henderson mu mujyi wa Las Vegas aho Shakur yarasiwe muri Nzeri (9) 1996.

Advertisements

Polisi muri leta ya Nevada muri Amerika yemeje ko muri iki cyumweru yasatse urugo bigendanye n’urupfu rutarasobanuka rw’umuraperi Tupac Shakur.

Polisi y’uyu mujyi nta makuru arambuye yatanze kuri uko gusaka, ivuga ko hakomeje iperereza ku rupfu rwa Shakur.

Uyu muhanzi wa ‘rap’ yari afite imyaka 25 ubwo yicwaga.

Inzu yasatswe iri muri 32km uvuye ku muhanda wa Las Vegas strip aho Tupac yarasiwe mu kurasana kwabaye batwaye imodoka.

Imyaka 27 nyuma yabwo, polisi ivuga ko uru rupfu ari ‘dosiye’ itarigeze isobanuka kandi ko “twizeye ko umunsi umwe ibi tuzabihindura”.

Shakur wamenyekanye ku izina rya 2Pac, yasohoye album ye ya mbere mu 1991 yariho indirimbo zakunzwe cyane zirimo nka California Love na All Eyez on Me.

Tupac wavukiye i New York kandi wakoreraga muzika ye mu burasirazuba bwa Amerika, yari yagiye i Las Vegas kwizihiza isabukuru y’inshuti ye no kureba umukino wa ‘boxe’ wa Bruce Seldon na Mike Tyson.

Yarashwe amasasu ane ari mu modoka ye ategereje ko amatara yo ku muhanda areka agakomeza, yajyanywe mu bitaro apfa hashize iminsi itandatu kubera amasasu abiri yamufashe mu gatuza.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago