Perezida wa Repubulika ya Congo Denis Sassou Nguesso yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Nyakanga 2023.
Perezida Denis akigera ku kibuga mpuzamahanga cya Kanombe yakiriwe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame mu cyubahiro gihabwa Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma basura Rwanda.
Perezida wa Congo yaje mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi 2.
Biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu byombi kandi baragirana ibiganiro mu muhezo ibizwi nka tête-à-tête nyuma bayobore ibiganiro byaguye bihuza intumwa z’ibihugu byombi.
Ibyo biganiro birakurikirwa n’ibibahuza n’ikiganiro bagirana n’Abanyamakuru.
Muri uru ruzinduko rwa Perezida wa Congo Denis Sassou Nguesso kandi mu masaha y’igicamunsi arasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi ndetse akeze ijambo ku bagize Inteko ishinga amategeko.
Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…
Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…
Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…
Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…
Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…
Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…