RWANDA

Perezida Kagame yagabiye Inka z’inyambo Perezida Sassou Nguesso-AMAFOTO

Kuri uyu wa gatandatu, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagabiye inka z’inyambo Perezida wa Congo-Brazzaville Deni Sassou Nguesso, ubwo basuraga urwuri rwe ruherereye i Kibugabuga muri Nyamata.

Advertisements

Perezida Sassou Nguesso agabiwe inka na Perezida Kagame nk’igihango n’ikimenyetso cy’ubushuti bwihariye abakuru b’Ibihugu byombi bafitanye.

Perezida Kagame ubwo yatambagizaga mu rwuri rwe mugenzi we wa Congo Brazzaville Denis Sassou Nguesso

Ni nyuma y’aho ku mugoroba wo ku wa Gatanu Perezida Kagame yanamwabitse umudali w’icyibahiro witwa ‘Agaciro’.

Ni umudali uhabwa Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma, abakuriye Imiryango Mpuzamahanga n’abandi banyacyubahiro bagaragaje ubudashyikirwa mu gikorwa runaka giteza imbere ibyiza rusange, haba mu Rwanda cyangwa hanze yarwo muri politiki, ubukungu cyangwa ubuzima rusange.

Perezida wa Congo Brazzaville Denis Sassou Nguesso ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yatangiye ku gicamunsi cyo kuwa gatanu ku butumire bwa mugenzi we w’u Rwanda.

Perezida Kagame arikumwe na mugenzi we wa Congo Brazzaville Denis Sassou Nguesso

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago