MU MAHANGA

Kenya: Umugore yishwe atewe icyuma n’umukozi wo murugo

Uyu mudamu warusanzwe ari umuyobozi ufite imyaka 30, Rahab Karisa, ngo yaba yaratewe icyuma n’uwamufasha murugo rwe aho yaratuye i Mnarani, mu ntara ya Kilifi muri Kenya.

Advertisements

Karisa, apfuye yari umuyobozi mukuru ushinzwe uburobyi bugendanye no kuzahura ubukungu mu bigendanye n’amafi yo mu mazi, bamusanze yapfiriye mu cyumba cye mu gitondo cyo ku wa kane, tariki ya 20 Nyakanga 2023, nyuma y’uko bivugwa ko yatonganye n’umukozi wo murugo.

Murugo rwa Nyakwigendera

Isuzuma ryakozwe ku wa gatanu, tariki ya 21 Nyakanga, mu bitaro by’intara ya Kilifi, ryerekanye ko Karisa yakomerekejwe cyane kugeza ku mitsi ndetse no mu bihaha igice kimwe.

Nk’uko umuhanga mu bumenyi bw’indwara yabivuze, ngo ingaruka zabyo ntizashoboye kuramirwa, byaje gukurikirwa n’urupfu.

Umugabo we, Maxwell Mmera, asobanura ku byabaye yavuze ko yatewe icyuma kigera hafi muri cm 13 ku igufa rihuza intugu n’igitereko ry’igufa ry’ukuboko hamwe n’imitsi ijya no mu bihaha; byabaye intandaro yo kuvirirana amaraso kugeza apfuye.

Ku wa gatandatu, tariki ya 22 Nyakanga, uyu mugabo warumaze gupfakara yahishuye ko umugore we yapfuye yari hafi kuzuza imyaka 31.

Karisa ngo yishwe nyuma yo gutongana n’umukozi wo mu rugo kubera gukoresha nabi amafaranga yari yasigiwe yo gukoresha murugo ubwo yari mu Butaliyani.

Umuyobozi wa polisi mu Ntara ya Kilifi, Fatuma Hadi, wemeje iby’urwo rupfu yavuze ko iperereza rigikomeje.

Gusa uyu muyobozi yavuze ko uwo mukozi nyuma yo gukora ayo mahano yahise acika.

Aha umuyobozi wa Polisi yavuze ko umurambo wa nyakwigendera wasanzwe mu cyumba afite ibikomere bikabije.

Uyu mukozi wo murugo kandi ngo yahuze atwaye n’umwana wa nyakwigendera.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago