IMIKINO

Basketball: Ibyo wamenya ku ikipe y’igihugu y’Abagore igiye kwitabira AfroBasket ku nshuro ya 3

Ikipe y’Igihugu Nkuru y’u Rwanda y’abari n’abategarugori igiye guhagarira u Rwanda mu irushanwa rikomeye rya AfroBasket umwaka 2023.

Advertisements

Ni ku nshuro ya gatatu ikipe y’igihugu y’Abagore y’u Rwanda igiye kwitabira imikino ya AfroBasket kuva mu myaka 12 ishize.

Ikipe y’Igihugu y’abari n’abategarugori yaherukaga kwitabira irushanwa rya Afrobasket mu mwaka 2011, umwanya mwiza rwasojeho ni ku mwanya wa 9, umwanya n’ubundi yigeze gusorezaho mu mwaka 2009.

U Rwanda rukomeje imyitozo yo kwitegura Afrobasket

Ku rutonde u Rwanda, ruhagaze ku mwanya wa 91 ku Isi, rukaba ruri ku mwanya wa 13 ku mugabane w’Afurika.

Icyakora ruheruka kwitabira imikino y’Akarere ka 5 (FIBA Africa Zone 5).

U Rwanda rwaje ku mwanya wa gatanu mu majonjora y’amakipe yari ahagarariye Akarere ka 5 (FIBA Africa Zone 5) nyuma yo gutsindwa na Misiri na Uganda yari yakiriye irushanwa.

Ikipe y’u Rwanda y’Abagore iheruka muri Afrobasket mu mwaka 2011

Gusa u Rwanda rwagombaga kwakira irushanwa yarifite itike ya AfroBasket rukaba rwiteguye kuzahatanira kwegukana igikombe nk’ikipe izaba iri mbere y’umufana wayo mu makipe 12.

Muri uyu mwaka 2023 u Rwanda ruri mu itsinda rya mbere A hamwe n’ikipe ya Angola na Côte d’Ivoire.

Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire y’Abagore izahura bwa mbere n’u Rwanda ihagaze ku mwanya wa 7 ku mugabane w’Afurika mugihe Angola yacyegukanye mu mwaka 2011 na 2013 iri ku mwanya wa 6 mugihe ku mwanya w’Isi ruri 48.

Umwe mu bakinnyi bitezwe muri iri rushanwa ku ruhande rw’u Rwanda ni uwitwa Bella Murekatete usanzwe ukinira mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika.

Ikipe y’Igihugu ya Basketball y’Abagore itozwa n’umutoza ukomoka mu gihugu cya Senegal Cheick Sarr ikomeje imyitozo yo kwitegura irushanwa rya Afrobasket riteganyijwe gutangira tariki 28 Nyakanga kugeza 5 Kanama 2023, imikino izabera muri Bk Arena.

U Rwanda ruzaba ruri murugo rwitezweho umusaruro muri Afrobasket

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago