POLITIKE

Louise Mushikiwabo ategerejwe mu gihugu cya RDC

Louise Mushikiwabo uhagarariye umuryango w’ibihugu bivugwa igifaransa (Francophonie) ategerejwe mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mushikiwabo ari kumwe n’abarimo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi, bazatangiza imikino ya La Francophonie iteganyijwe kubera i Kinshasa hagati y’itariki ya 28 Nyakanga n’iya 06 Kanama 2023.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, ategerejwe muri kiriya gihugu.

Amakuru ya Mushikiwabo y’uko azitabira iyi mikino yanemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, mu kiganiro baraye bagiranye n’itangazamakuru.

Muyaya yagize ati: “Imikino yateguwe na OIF mu by’ukuri ifatanyije na Guverinoma ya Congo izayakira, bityo inzego zose za OIF zakorewe ubukangurambaga. Ntawabura kuvuga ko umunyamabanga mukuru wa OIF ashobora kuba umwe mu bategura gahunda i Kinshasa mu birori biteganijwe vuba aha.”

Amakuru y’uko Mushikiwabo wabo yitezwe i Kinshasa yanemejwe kandi na Isidore Kwanja ukuriye Komisiyo ishinzwe iriya mikino ya La Francophonie muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu yavuze ko “Imikino ya La Francophonie itegurwa na La Francophonie ku bufatanye n’igihugu cyayakiriye. Nta wabura kuvuga ko umunyamabanga mukuru w’umuryango agomba kuba ahari kugira ngo afungure imikino afatanyije na Perezida w’igihugu cyakiriye, bityo dutegereje ko ahagera, azakirwa i Kinshasa.”

RDC yemeje ko Mushikiwabo azitabira umuhango wo gutangiza iriya mikino, mu gihe hari andi makuru yavugaga ko yanze kumutumira.

U Rwanda ruri mu bihugu byagombaga kwitabira iriya mikino, gusa rushobora kutohereza abakinnyi barwo muri Congo bitewe n’umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago