IMIKINO

Louise Mushikiwabo wari utegerejwe i Kinshasa yisubiyeho

Louise Mushikiwabo usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF) ntakitabiriye imikino yagombaga kubera muri RDC.

Advertisements

Amakuru yavugaga ko Louise Mushikiwabo hamwe na Perezida w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi bari mu bazafungura ku mugaragaro imikino ya Francophonie.

Gusa Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, wemeje ko Umunyamabanga Mukuru wawo, Louise Mushikiwabo, atazitabira imikino ya Francophonie, izatangira ku wa Gatanu i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi bitangajwe nyamara Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC Patrick Muyaya yaramaze iminsi atangaje ko Mushikiwabo nk’umuyobozi mukuru azitabira iy’imikino igomba kumara iminsi 10 ibera mu Mujyi wa Kinshasa.

Amakuru kandi yuko Mushikiwabo atakitabiriye imikino ya Francophonie yanemejwe n’umuvugizi we Oria Vende Weghe wabwiye AFP kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga, ko atakitabiriye.

Impamvu nyamukuru ihari bivugwa ko habanje kubaho inama yahuje impande zombi ku butumire bwagombaga guhabwa Mushikiwabo muri kiriya gihugu cyayakiriye, ubutumire yagomba gushyikirizwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC ariko ntibyagenda neza bityo biba ngombwa ko OIF yohereza undi ugomba kumuhagararira muri ibyo birori bikomeye kugira ngo hirindwe umwuka mubi.

Umwuka mubi uturuka ku kuba RDC ikomeza gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 ibintu Kigali yamaganira kure.

Bityo bakabona ko kuba Louise Mushikiwabo yajyayo kandi ibihugu byombi bitabanye neza byatezwa uruntu runtu bigatuma irushanwa rikomeye nka ririya ritagenda neza.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago