IMIKINO

Louise Mushikiwabo wari utegerejwe i Kinshasa yisubiyeho

Louise Mushikiwabo usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF) ntakitabiriye imikino yagombaga kubera muri RDC.

Amakuru yavugaga ko Louise Mushikiwabo hamwe na Perezida w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi bari mu bazafungura ku mugaragaro imikino ya Francophonie.

Gusa Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, wemeje ko Umunyamabanga Mukuru wawo, Louise Mushikiwabo, atazitabira imikino ya Francophonie, izatangira ku wa Gatanu i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi bitangajwe nyamara Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC Patrick Muyaya yaramaze iminsi atangaje ko Mushikiwabo nk’umuyobozi mukuru azitabira iy’imikino igomba kumara iminsi 10 ibera mu Mujyi wa Kinshasa.

Amakuru kandi yuko Mushikiwabo atakitabiriye imikino ya Francophonie yanemejwe n’umuvugizi we Oria Vende Weghe wabwiye AFP kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga, ko atakitabiriye.

Impamvu nyamukuru ihari bivugwa ko habanje kubaho inama yahuje impande zombi ku butumire bwagombaga guhabwa Mushikiwabo muri kiriya gihugu cyayakiriye, ubutumire yagomba gushyikirizwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC ariko ntibyagenda neza bityo biba ngombwa ko OIF yohereza undi ugomba kumuhagararira muri ibyo birori bikomeye kugira ngo hirindwe umwuka mubi.

Umwuka mubi uturuka ku kuba RDC ikomeza gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 ibintu Kigali yamaganira kure.

Bityo bakabona ko kuba Louise Mushikiwabo yajyayo kandi ibihugu byombi bitabanye neza byatezwa uruntu runtu bigatuma irushanwa rikomeye nka ririya ritagenda neza.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago