IMYIDAGADURO

Bien Aime warugize itsinda rya Sauti Sol yahigiye gushimisha Abakunzi be i Kigali-AMAFOTO

Umuhanzi Bien Aime Baraza wamenyekanye nka Bien Aime mu muziki yatangaje ko yiteguye gutanga ibyishimo mu gitaramo yatumiwemo cyiswe Marnaud Music Therapy cyateguwe na Dj Marnaud.

Advertisements

Umuhanzi Bien Aime wayobotse inzira yo kwikorana nk’umuhanzi ku giti cye yavuze ko yishimiye ko yongeye kugaruka mu Rwanda kandi akaba yiteguye yiteguye gutanga ibyishimo mu gitaramo yatumiwemo n’umuvangamuziki umaze kubaka izina mu Rwanda Dj Marnaud.

Ati “Abakunzi banjye bankundaga muri Sauti Sol n’ubundi ndabizi ko ntaho bagiye, rero ndabifuza ko muza tukazatarama.”

Bien Aime yishimiye kuba yongeye kugaruka mu Rwanda yaratangiye kwikorana nk’umuhanzi ku giti cye

Ni igitaramo giteganyijwe kuri uyu wa Kane tariki 28 Nyakanga kikazatangira ahagana ku isaha ya Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba kikazabera muri mu Mujyi rwagati ku nyubako ya Kigali City Tower.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru yarihamirije ko yatangiye urugendo rwo kwikorana nk’umuhanzi ku giti cye atakiri mu itsinda rya Sauti Sol.

Uyu mugabo ukunzwe mu ndirimbo yitwa ‘No body’ yakoranye n’umuraperi Darassa wo muri Tanzania yavuze ko ari ibintu bitoroshye ariko yizera ko bizagenda neza.

Ati “Nibyo natangiye inzira yo kwikorana nk’umuhanzi ku giti cye ariko biragoye kuko nk’izina twari dufite nk’itsinda kurigira biragoye ariko buhoro buhoro njyewe n’umugore wanjye usanzwe ari n’umujyanama wanjye bizagenda neza, ndiyizeye kandi siniteze kureka umuziki.”

Bien Aime waherukaga mu Rwanda mu mwaka ushize mu gitaramo cyo kwita Izina cyabereye muri Bk Arena yahishuye ko hari n’abahanzi Nyarwanda afitanye imishinga yo gukora imiziki n’abarimo nka Mike Kayihura bazanaririmbana mu gitaramo kimwe, Bruce Melodie n’abandi.

Bien Aime watangiye kwikorana yahishuye ko afitanye imishinga n’abahanzi Nyarwanda

Muri iki gitaramo kandi byitezweko kizaririmbirwamo uburyo bw’umuziki w’umwimerere (Live), kizagaragaramo n’undi muhanzi ukunda kwibanda ku injyana gakondo ariwe Ruti Joel.

Ku ruhande rwa Dj Marnaud usanzwe ari Brand Ambassador w’ikinyobwa cya Heineken ikaba n’umuterankunga mukuru w’igitaramo yavuze ko yiteguye gutanga ibyishimo mu bazitabira igitaramo cye barikumwe n’umuhanzi ukomeye ukomoka muri Kenya Bien Aime.

Dj Marnaud asanzwe ari Brand Ambassador w’ikinyobwa cya Heineken mu Rwanda

Ikigo cya MTN Rwanda nacyo cyifuje gutanga umusanzu muri iki gitaramo kivuga ko impamvu nyamukuru yabateye gutera inkunga igitaramo cya Dj Marnaud ari uko babona ari ngombwa ku muntu nka Marnaud kubera ubuhanga bwe mukazi akora, ibi ariko uwari uhagarariye MTN Rwanda avuga ko banabihuza n’isabukuru y’imyaka 25 bamaze bashinje imizi mu Rwanda nk’Itumanaho rirambye kandi rikaba rukomeje gukataza mu gutanga serivise inoze.

Uretse abahanzi Bien Aime yakomojeho azi Kandi barimo n’abo batangiye gukora imwe mu mishinga y’indirimbo, abandi bahanzi azi yakomojeho harimo Meddy, The Ben, Kivumbi, itsinda rya Charyl&Nina ndetse n’abacura injyana (Producers).

Kwinjira muri iki gitaramo usabwa kugura itike y’amafaranga ibihumbi 10 Frw, ahasanzwe, naho VIP bikaba ibihumbi 20 Frw, na VVIP ihagaze ibihumbi 50 Frw.

Bien Aime yongeye gushimangira urwakunda u Rwanda
Bafashe ifoto y’urwibutso

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago