Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame yagabiye inka umukuru w’igihugu cya Mozambique Filipe Nyusi uri mu Rwanda.
Ibiro by’umukuru w’igihugu Village Urugwiro, byatangaje ko kuri iki gicamunsi, Perezida Kagame yatembereje mu rwuri mugenzi we wa Mozambique Nyusi anamugabira inka z’Inyambo.
Igikorwa cya Perezida Kagame kugabira inka mugenzi we Nyusi bishimangira umubano mwiza w’ibihugu bifitanye.
Icyakora cyo ntayandi makuru yerekeye uruzinduko rw’umukuru w’igihugu cya Mozambique yagaragajwe uri mu Rwanda.
Mozambique n’u Rwanda n’ibihugu bisanzwe bifitanye umubano mwiza by’umwihariko mu by’umutekano, aho ingabo z’u Rwanda zerekeje muri kiriya gihugu zibasha guhashya ibyihebe byari bimaze imyaka myinshi byari byarigaruriye ibice bitanduakanye muri Mozambique, gusa ingabo z’u Rwanda zifatanije n’iza Mozambique z’abashije gusubiza inyuma ibyo byihebe bamwe mu baturage bari baturiye mu Turere nka Palma na Mocimboa da Praia basubira mu buzima busanzwe.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…