Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame yagabiye inka umukuru w’igihugu cya Mozambique Filipe Nyusi uri mu Rwanda.
Ibiro by’umukuru w’igihugu Village Urugwiro, byatangaje ko kuri iki gicamunsi, Perezida Kagame yatembereje mu rwuri mugenzi we wa Mozambique Nyusi anamugabira inka z’Inyambo.
Igikorwa cya Perezida Kagame kugabira inka mugenzi we Nyusi bishimangira umubano mwiza w’ibihugu bifitanye.
Icyakora cyo ntayandi makuru yerekeye uruzinduko rw’umukuru w’igihugu cya Mozambique yagaragajwe uri mu Rwanda.
Mozambique n’u Rwanda n’ibihugu bisanzwe bifitanye umubano mwiza by’umwihariko mu by’umutekano, aho ingabo z’u Rwanda zerekeje muri kiriya gihugu zibasha guhashya ibyihebe byari bimaze imyaka myinshi byari byarigaruriye ibice bitanduakanye muri Mozambique, gusa ingabo z’u Rwanda zifatanije n’iza Mozambique z’abashije gusubiza inyuma ibyo byihebe bamwe mu baturage bari baturiye mu Turere nka Palma na Mocimboa da Praia basubira mu buzima busanzwe.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…