Dr Mukeshimana Gérardine wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda, yagizwe Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi, IFAD.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuyobozi w’iki kigega Alvaro Lario yavuze ko Dr. Geraldine yashyizwe kuri uyu mwanya nyuma y’igikorwa gikomeye cyakozwe n’inzego zitandukanye z’iki kigega cyo gusuzuma amadosiye y’abakozi atandukanye, bikaza kugaragara ko Dr. Gérardine Mukeshimana ariwe ukwiriye uyu mwanya.
“Nejejwe no kubamenyesha ko nyuma y’igikorwa gikomeye cyo gushaka abakozi, nashyizeho Madamu Gérardine Mukeshimana, ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda, nka Visi-Perezida.”
Dr. Gérardine Mukeshimana yabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda kuva muri Nyakanga 2014 kugeza muri Werurwe uyu mwaka ubwo yasimburwaga kuri uyu mwanya na Dr. Musafiri Ildephonse.
Gerardine afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu buhinzi yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda. Afite kandi impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza n’iy’ikirenga mu buhinzi n’ubworozi ndetse n’ibijyanye no gutubura ibihingwa n’ubumenyi mu bijyanye n’ubutaka yakuye muri Kaminuza ya Michigan muri Amerika.
Umuyobozi wa IFAD Alvaro Lario yavuze ko Dr. Gérardine Mukeshimana bamwitezeho kuzana ubumenyi buzungura iki kigo mu guteza imbere ubuhinzi, ndetse no gukorana n’ama banki ndetse n’ibigenga bitera inkunga imishinga yo kurengera ibidukikije no kwirinda imihindagurikire y’ikirere.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…