Ku kigo cy’ishuri cya ESIR cyo mu karere ka Musanze, umukandida wigenga witwa Mujawamariya Edith yafatanwe telefone ari mu Cyumba cy’ibizamini arimo areba ibibazo n’ibisubizo by’Ikizamini cya Principles of Economics ikizamini cyari kirimo gukorwa.
Nkuko amakuru dukesha Umunyamakuru wa Radio &TV10 abitangaza,uyu mukandida wakoraga ikizamini cya leta yaraye muri kasho kubera gukopera.
Uyu munyamakuru abinyujije kuri Twitter, yavuze ko iki kizamini uyu yafatanwe bari bagihawe kuri group Whatsapp iriho abantu 19 ejo ku wa 30/07/2023 saa 8:53Pm.
Ibi ngo bigaragara kuri whatsapp ya telefone uyu yafatanwe.
Amakuru avuga ko aba bagihawe n’umwarimu wabo witwa Jean [ ***] bivugwa ko atuye Rubavu.
Police na RIB batangiye gukurikiirana kugira ngo hamenyekane aho ikizamini cyaturutse ndetse ngo izi nzego zasanze gisa n’icyateguwe.
Uyu mukandida yashikirijwe RIB kugira ngo hafatwe n’abandi babigizemo uruhare nkuko uyu munyamakuru abitangaza.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…