Ku kigo cy’ishuri cya ESIR cyo mu karere ka Musanze, umukandida wigenga witwa Mujawamariya Edith yafatanwe telefone ari mu Cyumba cy’ibizamini arimo areba ibibazo n’ibisubizo by’Ikizamini cya Principles of Economics ikizamini cyari kirimo gukorwa.
Nkuko amakuru dukesha Umunyamakuru wa Radio &TV10 abitangaza,uyu mukandida wakoraga ikizamini cya leta yaraye muri kasho kubera gukopera.
Uyu munyamakuru abinyujije kuri Twitter, yavuze ko iki kizamini uyu yafatanwe bari bagihawe kuri group Whatsapp iriho abantu 19 ejo ku wa 30/07/2023 saa 8:53Pm.
Ibi ngo bigaragara kuri whatsapp ya telefone uyu yafatanwe.
Amakuru avuga ko aba bagihawe n’umwarimu wabo witwa Jean [ ***] bivugwa ko atuye Rubavu.
Police na RIB batangiye gukurikiirana kugira ngo hamenyekane aho ikizamini cyaturutse ndetse ngo izi nzego zasanze gisa n’icyateguwe.
Uyu mukandida yashikirijwe RIB kugira ngo hafatwe n’abandi babigizemo uruhare nkuko uyu munyamakuru abitangaza.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…