RWANDA

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

Kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Kanama 2023, muri Village Urugwiro habaye Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame.

Mu byemezo byafatiwe mu nama y’Abaminisitiri harimo gushyiraho aba Ambasaderi banyuranye.

▪︎CG Dan Munyuza yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Misiri

▪︎Major General Charles Karamba, Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia, agahagararira u Rwanda muri Afurika Yunze Ubumwe (AU).

▪︎Michel Sebera, Ambasaderi muri Guinea

▪︎Shakila Kazimbaya, Ambasaderi muri Maroc.

Mu bindi birimo ko Ange Kagame yahawe akazi muri Perezidansi ko kuba Umuyobozi wungirije w’Akanama gashinzwe Ingamba na Politiki za Leta mu Biro bya Perezida.

Mu rwego rwo kunoza imitunganyirize n’imikorere y’ibikorwa by’imyidagaduro mu masaha y’ijoro no gukumira urusaku rubangamira umudendezo w’Abaturarwanda, Guverinoma yafashe icyemezo ko guhera ku itariki ya 1 Nzeri 2023, ibikorwa na serivisi byose bitari iby’ingenzi bizajya bifunga saa saba z’ijoro mu minsi y’imibyizi, na ho mu mpera z’icyumweru (ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu) bikazajya bifunga saa munani z’ijoro.

Ivuga ko ibikorwa byose, byaba iby’ubucuruzi cyangwa iby’imyidagaduro bizakenera gukomeza gufungura nyuma y’ayo masaha, bizajya bihabwa uruhushya hashingiwe ku Mabwiriza azatangazwa n’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB).

Soma itangazo ryose hano:

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago