Bedie Konan wabaye Perezida wa Côte d’Ivoire yapfuye ku myaka 89 y’amavuko azize uburwayi akaba yaguye mu bitaro bya Abidjan.
Bedie yabaye umukuru w’igihugu asimbuye Felix Houphouet-Boigny nyuma y’uko apfuye mu mwaka w’1993.
Icyakora ibirego yashinjwe bishingiye kuri ruswa no kugwa ku bukungu bw’Igihugu byatumye aterwa Coup d’Etat n’Igisirikare ahagana mu 1999.
Uyu wahoze ari umutegetsi ariko yaravukiye mu muryango ukennye, ntibyamubujije kwigaragaza nk’umunyabwenge mu mashuri ye yize. byatumye abona bourse yo kwiga mu Bufaransa aho yakuye impamya bumenyi y’ikirenga muri Economie.
Bedie yaje gushaka kugaruka ku butegetsi mu myaka 3 ishize, gusa aza gutsindwa mu matora na Perezida Alassane Ouattara.
Kugeza ubu ikishe Bedie ntikiramenyekana.
Urupfu rwe rwafashwe n’abanya Côte d’Ivoire nk’igihombo gikomeye kuko yafatwaga nk’ingirakamaro mu gihugu cye.
Usibye kuba Bedie yarabonwaga nk’uwari gutsinda Perezida Ouattara, yari n’umusaza w’umuhanga kandi igihugu cyari gifite nk’umujyanama mu kubaka umuryango uhamye kandi uboneye ubereye i Gihugu.
Kugeza ubu, ikigezweho n’uko abanya Côte d’Ivoire bari kunamira nyakwigendera banamusezeraho bwanyuma.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…