POLITIKE

Henri Konan wayoboye Côte d’Ivoire yapfuye ku myaka 89

Bedie Konan wabaye Perezida wa Côte d’Ivoire yapfuye ku myaka 89 y’amavuko azize uburwayi akaba yaguye mu bitaro bya Abidjan.

Advertisements

Bedie yabaye umukuru w’igihugu asimbuye Felix Houphouet-Boigny nyuma y’uko apfuye mu mwaka w’1993.

Icyakora ibirego yashinjwe bishingiye kuri ruswa no kugwa ku bukungu bw’Igihugu byatumye aterwa Coup d’Etat n’Igisirikare ahagana mu 1999.

Uyu wahoze ari umutegetsi ariko yaravukiye mu muryango ukennye, ntibyamubujije kwigaragaza nk’umunyabwenge mu mashuri ye yize. byatumye abona bourse yo kwiga mu Bufaransa aho yakuye impamya bumenyi y’ikirenga muri Economie.

Bedie yaje gushaka kugaruka ku butegetsi mu myaka 3 ishize, gusa aza gutsindwa mu matora na Perezida Alassane Ouattara.

Kugeza ubu ikishe Bedie ntikiramenyekana.

Urupfu rwe rwafashwe n’abanya Côte d’Ivoire nk’igihombo gikomeye kuko yafatwaga nk’ingirakamaro mu gihugu cye.

Usibye kuba Bedie yarabonwaga nk’uwari gutsinda Perezida Ouattara, yari n’umusaza w’umuhanga kandi igihugu cyari gifite nk’umujyanama mu kubaka umuryango uhamye kandi uboneye ubereye i Gihugu.

Kugeza ubu, ikigezweho n’uko abanya Côte d’Ivoire bari kunamira nyakwigendera banamusezeraho bwanyuma.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago