AMATEKA

Umugeni uherutse kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga yanze gusubiramo indahiro yavuze impamvu yabikoze

Umugabo witwa Muhire Pierre ukomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga kubera ukuntu yasabwe na Gitifu gusubiramo indahiro ye asezerana n’umugore we akumvikana avuga ko adasubiramo, yavuze ko yashakaga gusetsa abantu gusa.

Uyu mugabo ngo asanzwe atuye i Kinyinya mu karere ka Gasabo, yasekeje benshi ubwo yasezeranaga n’umugore we Mukamana Marie Josee hanyuma asoma indahiro, gitifu wabasezeranyaga amusaba gusubiramo undi aramusubiza ati “ntabwo nsubiramo.”

Uyu yabwiye umuyoboro wa YouTube, UMUSAMBI TV dukesha iyi nkuru ko ibi yabikoze adashaka ko buri wese abyumva uretse umugore we, birangira ibitangazamakuru bibifashe birabikwirakwiza.

Avuga ku mpamvu yatumye abwira gitifu ko adasubiramo,Muhire yagize ati “Twari tumaze umwanya munini hariya, twari tugeze igihe cyiza cyo gufata amafoto y’urwibutso, hari kamera nyinshi zidutunze, mukebutse [umugore we] mbona yijimye, bitewe n’umunaniro n’umwanya twari tumaze hariya ndavuga nti aka kantu ningashyiramo, ashobora kukumva…. bikamutera kuruhuka umunaniro yari afite agasa n’aho awirengagije, agaseka, amafoto agasa neza……”

Muhire Pierre arahira indahiro yo gusezerana n’umukunzi we

Abajijwe impamvu yahisemo kubikora bari mu ndahiro, Muhire yavuze ko we n’umukunzi we basanzwe bazi ibibashimisha ndetse ko batashakaga kurahira mu maso basa nkaho bitabarimo. Ati “Nashakaga ko ibyo tuvuga no ku maso bigaragara.”

Madamu we Mukamana yavuze ko atumvise ko umugabo we avuga ko adasubiramo ahubwo ngo nawe yatunguwe no kubona akavidewo kacicikanye cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Muhire Pierre usanzwe akora akazi ko gutwara abantu kuri moto, yavuze ko abagenzi yatwaye bamwibajijeho ndetse hari abamusabaga ko yakuramo ingofero bakamureba.

Uyu yavuze ko yasubiyemo indahiro neza hanyuma ubukwe bugenda neza cyane.

Aba bavuze ko mu dushya twabasekeje harimo umugeni wasinziriye ndetse n’umuzungu waje gusezerana yambaye inkweto zitogeje n’ibindi.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

20 mins ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

2 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

2 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

2 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

23 hours ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago