Muhire Pirre arahira indahiro yo gusezerana n'umukunzi we
Umugabo witwa Muhire Pierre ukomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga kubera ukuntu yasabwe na Gitifu gusubiramo indahiro ye asezerana n’umugore we akumvikana avuga ko adasubiramo, yavuze ko yashakaga gusetsa abantu gusa.
Uyu mugabo ngo asanzwe atuye i Kinyinya mu karere ka Gasabo, yasekeje benshi ubwo yasezeranaga n’umugore we Mukamana Marie Josee hanyuma asoma indahiro, gitifu wabasezeranyaga amusaba gusubiramo undi aramusubiza ati “ntabwo nsubiramo.”
Uyu yabwiye umuyoboro wa YouTube, UMUSAMBI TV dukesha iyi nkuru ko ibi yabikoze adashaka ko buri wese abyumva uretse umugore we, birangira ibitangazamakuru bibifashe birabikwirakwiza.
Avuga ku mpamvu yatumye abwira gitifu ko adasubiramo,Muhire yagize ati “Twari tumaze umwanya munini hariya, twari tugeze igihe cyiza cyo gufata amafoto y’urwibutso, hari kamera nyinshi zidutunze, mukebutse [umugore we] mbona yijimye, bitewe n’umunaniro n’umwanya twari tumaze hariya ndavuga nti aka kantu ningashyiramo, ashobora kukumva…. bikamutera kuruhuka umunaniro yari afite agasa n’aho awirengagije, agaseka, amafoto agasa neza……”
Abajijwe impamvu yahisemo kubikora bari mu ndahiro, Muhire yavuze ko we n’umukunzi we basanzwe bazi ibibashimisha ndetse ko batashakaga kurahira mu maso basa nkaho bitabarimo. Ati “Nashakaga ko ibyo tuvuga no ku maso bigaragara.”
Madamu we Mukamana yavuze ko atumvise ko umugabo we avuga ko adasubiramo ahubwo ngo nawe yatunguwe no kubona akavidewo kacicikanye cyane ku mbuga nkoranyambaga.
Muhire Pierre usanzwe akora akazi ko gutwara abantu kuri moto, yavuze ko abagenzi yatwaye bamwibajijeho ndetse hari abamusabaga ko yakuramo ingofero bakamureba.
Uyu yavuze ko yasubiyemo indahiro neza hanyuma ubukwe bugenda neza cyane.
Aba bavuze ko mu dushya twabasekeje harimo umugeni wasinziriye ndetse n’umuzungu waje gusezerana yambaye inkweto zitogeje n’ibindi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…