IMIKINO

Messi yinjiye mu bakinnyi bamaze gutsindira ibitego byinshi Inter Miami mu gihe gito ayinjiyemo

Lionel Messi yamaze gufata umwanya wa kane mu bamaze gukora amateka yo gutsindira ibitego byinshi ikipe ya Inter Miami n’ukwezi kutaragera ayerekejemo.

Advertisements

Messi yatsindiye inshuro ebyiri Inter Miami mu mukino wa shampiona wabahuzaga na Dallas wari warangiye amakipe anganya ibitego 4 kuri 4 bakiyambaza penaliti.

Ibi byatumye uyu mukinnyi w’igihangange akomeza kugira intangiriro nziza mu ikipe ya Inter Miami dore ko kugeza ubu mu mikino ine gusa amaze gutsinda ibitego 7.

Nk’uko bitangazwa na Ian Hest, Messi kuri ubu amaze kunganya na mugenzi we Josef Martinez nawe ufite ibitego birindwi hamwe na Lewis Morgan ndetse na Rodolfo Pizarro.

Abakinnyi bonyine bamaze gutsinda ibitego byinshi kurusha Messi muri Inter Miami ni Gonzalo Higuain n’ibitego 29, hamwe na Leo Campana watsindiye Inter Miami ibitego 16 na Robert Taylor ibitego 8.

Higuain yinjiye mu ikipe ya Inter Miami hagati y’umwaka 2020 na 2022, abasha kuyikinira imikino 70.

ABAKINNYI BAMAZE GUTSINDIRA INTER MIAMI IBITEGO BYINSHI B’IBIHE BYOSE:

1. Gonzalo Higuain – ibitego 29 (2020-2022)

2. Leo Campana – ibitego 16 (2022-ubungubu)

3. Robert Taylor – ibitego 8 (2022-ubu)

4. Lionel Messi – ibitego 7 (2023-ubungubu), Josef Martinez (2023-ubungubu), Lewis Morgan (2020-2021), Rodolfo Pizarro (2020-2023).

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago