Lionel Messi yamaze gufata umwanya wa kane mu bamaze gukora amateka yo gutsindira ibitego byinshi ikipe ya Inter Miami n’ukwezi kutaragera ayerekejemo.
Messi yatsindiye inshuro ebyiri Inter Miami mu mukino wa shampiona wabahuzaga na Dallas wari warangiye amakipe anganya ibitego 4 kuri 4 bakiyambaza penaliti.
Ibi byatumye uyu mukinnyi w’igihangange akomeza kugira intangiriro nziza mu ikipe ya Inter Miami dore ko kugeza ubu mu mikino ine gusa amaze gutsinda ibitego 7.
Nk’uko bitangazwa na Ian Hest, Messi kuri ubu amaze kunganya na mugenzi we Josef Martinez nawe ufite ibitego birindwi hamwe na Lewis Morgan ndetse na Rodolfo Pizarro.
Abakinnyi bonyine bamaze gutsinda ibitego byinshi kurusha Messi muri Inter Miami ni Gonzalo Higuain n’ibitego 29, hamwe na Leo Campana watsindiye Inter Miami ibitego 16 na Robert Taylor ibitego 8.
Higuain yinjiye mu ikipe ya Inter Miami hagati y’umwaka 2020 na 2022, abasha kuyikinira imikino 70.
ABAKINNYI BAMAZE GUTSINDIRA INTER MIAMI IBITEGO BYINSHI B’IBIHE BYOSE:
1. Gonzalo Higuain – ibitego 29 (2020-2022)
2. Leo Campana – ibitego 16 (2022-ubungubu)
3. Robert Taylor – ibitego 8 (2022-ubu)
4. Lionel Messi – ibitego 7 (2023-ubungubu), Josef Martinez (2023-ubungubu), Lewis Morgan (2020-2021), Rodolfo Pizarro (2020-2023).
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…