Nyuma yaho ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya Community Shield cy’umwaka 2023 itsinze Manchester City, Perezida Kagame yayishimiye.
Ni mu butumwa umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yanyujije ku rukuta rwa Twitter aho yagize ati “Ni ibyo kwishimira, Arsenal ibyo mwerekanye byatanze umusaruro, ibi nibyo dushobora gukunda.”
Ikipe ya Arsenal isanzwe inafitanye ubufatanye na Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda yegukanye igikombe cya Community Shield itsindiye kuri penaliti 4-1 ya Manchester City, ni nyuma yaho umukino wari warangiye ari igitego 1 kuri kimwe.
N’igitego cya mbere cyari cyatsinzwe na Manchester City ku munota wa 77 gitsinzwe n’umukinnyi witwa Palmer ku mupira mwiza yarahawe na Kevin D. Bruyne wari winjiye asimbuye.
Mugihe umukino wendaga kurangira bari mu minota y’inyongera umukinnyi wa Arsenal Trossard yaboneye igitego cyo kunganya ku mupira yarahawe na Saka umukino urangira gutyo, biyambaza penaliti byarangiye Arsenal ibonejemo 4 nziza mugihe Manchester City yinjije imwe gusa.
Perezida Kagame usanzwe ari umukunzi ukomeye w’ikipe ya Arsenal yashimiye iy’ikipe ibarizwa muri shampiyona y’Ubwongereza ku gikombe cya 17 cya Community Shield yegukanye.
Community Shield ni igikombe gihatanirwa mu Bwongereza ku ikipe iba yarasoje shampiyona iri ku mwanya wa mbere niya kabiri, kikaba igikombe kibanziriza shampiyona.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…