UMUTEKANO

Niger: Abaherutse guhirika ubutegetsi bishyiriyeho Minisitiri w’Intebe

Igisirikare giherutse guhirika ubutegetsi bw’igihugu cya Niger bwashyizeho Minisitiri w’Intebe Ali Mahaman Lamine Zeine.

Advertisements

Minisitiri w’Intebe mushya wa Niger Lamine Zeine ashyizwe kuri uwo mwanya mugihe yigeze kuba Minisitiri ushinzwe ubukungu.

Igisirikare cyo mu gihugu cya Niger gikomeje gushyiraho abayobozi bashya mu nzego z’itandukanye mugihe amahanga akomeje kubyamaganira kure.

Igisirikare cya Niger giherutse guhurika ubutegetsi cyashyizeho ubuyobozi bushya

Ishyirwaho rya Zeine wakoraga muri guverinoma y’uwahoze ari Perezida Mamadou Tandja wahiritswe ku butegetsi n’ingabo z’igihugu mu mwaka wa 2010, byatangajwe ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, nyuma y’ibyumweru hafi bibiri ingabo zifashe ubutegetsi.

Ali Lamine Zeine yagizwe Minisitiri w’Intebe wa Niger

Minisitiri w’intebe mushya yakoraga mu by’ubukungu muri Banki nyafurika itsura amajyambere muri Tchad, aho azasimbura Mahamadou Ouhoumoudou wari mu Burayi ubwo habagaho iyirikwa ry’ubutegetsi.

Ubuyobozi bwiyise Junta kandi bwashyizeho Amadou Didilli nk’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guhuriza hamwe amahoro (HACP) na Abou Tague Mahamadou nk’umugenzuzi mukuru w’ingabo n’izindi zose mu gihugu.

Ibro Amadou Bachirou yagizwe umuyobozi mukuru w’ibiro by’umuyobozi wa junta mu gihe Habibou Assoumane yagizwe umuyobozi w’ingabo zirinda perezida.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago