RWANDA

‘Wampaye ama miliyoni yo kubaho mwenyura’ Mimi yongeye gutomora umugabo we Meddy wizihije isabukuru y’amavuko

Umugore wa Meddy, Mimi Mehfira yongeye gutera imitoma umugabo we wizihiza isabukuru y’amavuko, aho yashimangiye ko abayeho mu munezero wo kubaho aseka iteka kubera we.

Tariki 7 Kanama 1989, nibwo umuhanzi Ngabo Jobert Medard wamamaye nka Meddy mu muziki nyarwanda yabonye izuba.

Ni umunsi kuri ubu uyu muhanzi yizihizaho isabukuru yaramaze kugira umuryango, ugizwe n’umugore witwa Mimi Mehfira ukomoka muri Ethiopia n’umukobwa bibarutse bise Myla.

Mu magambo yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram, Mimi yagize ati “Ku mwami wanjye w’iteka isabukuru nziza rukundo rwanjye! Sinjya nshobora kuguhaga! Wampaye amamiriyoni ‘yimpamvu yo kumwenyura no kubaho ubuzima bwishimye. Ndashimira Imana kuba yarampaye umugisha hamwe nawe. Turagukunda urukundo mwana w’urukundo.”

N’imitoma kandi yahererekanyije n’amashusho y’umuryango arikumwe n’umugabo we Meddy n’umwana wabo batembera ahantu ahantu hatandukanye.

Meddy n’umugore we basanzwe batuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika ari naho bibarukiye umwana wabo w’umukobwa Mayla.

Umuhanzi Meddy kuri ubu yahisemo inzira yo kugandukira Imana abinyujije mu butumwa bw’indirimbo nk’uko aherutse kubitangaza ko atazongera kuririmba iz’Isi.

Christian

Recent Posts

Bidasubirwaho M23 yafashe ikibuga cy’Indege cya Goma

Umuvugizi w’umutwe wa M23 mu rwego rwa gisirikare, Lt. Col. Willy Ngoma, yatangaje ko bidasubirwaho…

4 days ago

CIA yatangaje ko bishoboka cyane ko Covid-19 yaba yarakorewe muri laboratwari

Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe Ubutasi, CIA, rwatangaje ko bishoboka cyane ko…

5 days ago

Umuhanzi Jose Chameleone yajyanwe kuvurirwa muri Amerika ku bufasha bwa Perezida

Amakuru yabakurikiranira hafi ubuzima bw'umuhanzi Jose Chameleone wo muri Uganda bemeje ko yamaze kujyanwa kuvurirwa…

1 month ago

Habababyeyi wari umunyamakuru wa RadioTv10 yitabye Imana yaragiye gukora ubukwe

Pascal Habababyeyi wari umunyamakuru wakoreraga Radio/Tv10, yitabye Imana. Yari umwe mu bakoraga muri weekend nk’umwe…

1 month ago

Perezida Neva yongeye kurikoroza nyuma yo kugereranya Banki Nkuru y’igihugu cye n’iy’u Rwanda

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, utajya wiburira yatangaje imbere y'imbaga ko Banki Nkuru y’igihugu cyabo…

1 month ago

Dj Dizzo yitabye Imana ku myaka 26

DJ Dizzo wari umaze igihe ahanganye n’uburwayi bwa kanseri, yitabye Imana, nyuma y’imyaka igera kuri…

1 month ago