IMIKINO

Amatike yashize ku isoko, APR Fc na Rayon Sports zihanzwe amaso ku gikombe cya Super Cup

Kuri uyu wa gatandatu, tariki 12 Kanama 2023 kuri Kigali Pelé Stadium hategerejwe umukino w’ishiraniro uzahuza APR Fc na Rayon Sports mu gikombe cya Super Cup.

Advertisements

Imyaka irenga 20 irashize amakipe ahora ahanganye kwegukana ibikombe mu Rwanda, ni umukino wa mbere ugiye guhuza impande zombi muri uyu mwaka.

Mu makuru yatanzwe ku rubuga rwa Twitter y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA yemeje ko amatike y’uyu mukino ugomba guhuza APR Fc na Rayon Sports yarangiye ku isoko.

Kuri ubu abakunzi ba y’amakipe yombi amaso yabo bayahanze umunsi nyirizina w’umukino, uyu mukino ugiye kuba mugihe amakipe yombi yakomeje kwiyubaka, aho mu ikipe y’Ingabo z’igihugu APR Fc yamaze kwiyubaka bikomeye izana abakinnyi ba banyamahanga.

APR Fc yazanye abanyamahanga

Ni mugihe ku ruhande rwa Rayon Sports nayo yakooze impinduka zigaragara mu kwitegura shampiyona y’umwaka utaha ishyiramo abakinnyi bakomeye.

Luvumbu yongeye kugarurwa mu ikipe ya Rayon sports

Ikipe ya Rayon Sports igiye guhura na APR Fc mugihe itaratsinda umukino n’umwe mu mikino yose yakiniye ya gicuti.

Ni mugihe ku ruhande rwa APR Fc yabashije gutsinda umukino umwe wa gicuti ubwo yahuraga na Marine FC, umukino wa kabiri wabahuje na Mukura Vs byarangiye amakipe yombi anganyije 0-0.

Umukino uzahuza amakipe yombi uzaba ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa ukazabera kuri Kigali Pelé Stadium.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago