RWANDA

Nyamasheke: Appolonie wegujwe ku buyobozi bw’Akarere yasabye imbabazi Perezida Kagame

Mukamasabo Appolonie wegujwe ku buyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke yasabye imbabazi nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Advertisements

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Appolonie yagize ati “Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame

 amahirwe mwampaye yo kuyobora Akarere ka Nyamasheke.”

Uyu warusanzwe ari umuyobozi w’Akarere yongeyeho ati “Mboneyeho gusaba imbabazi aho ntabashije kuzuza izi nshingano uko bikwiye.

Nkaba nzakomeza gufatanya n’Abandi Banyarwanda kubaka Igihugu cyacu.”

Kuri uyu wa mbere tariki 28 Kanama 2023, nibwo Mukamasabo Appolonie yegujwe ku nshingano nka Meya wa Karere n’Inama Njyanama y’Akarere, ni nyuma y’uko ashinjwe kutuzuza inshingano yarashinzwe.

Kuwa 27 Nzeri 2019 nibwo Mukamasabo Appolonie w’imyaka 45 yatorewe kuyobora akarere ka Nyamasheke, ku majwi 267 kuri 273 y’abari bagize inteko itora.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago