INKURU ZIDASANZWE

Uganda: Umuntu wa mbere uryama ahuje ibitsina yagejejwe imbere y’urukiko

Nyuma y’aho igihugu cya Uganda gifashe ingamba zo guhana abaryamana bahuje ibitsina, habonetse umusore w’imyaka 20 uregwa gukoresha imibonano mpuzabitsina uwo bahuje igitsina w’imyaka 41 mu buryo bw’ubugome.

Nk’uko ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) kuwa 28 Kanama 2023 byatangaje ko byabonye icyo kirego, ndetse ko uwo musore yarezwe kuwa 18 Kanama 2023. (Reuters) kuwa 28 Kanama 2023 byatangaje ko byabonye icyo kirego, ndetse ko uwo musore yarezwe kuwa 18 Kanama 2023.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bwa Uganda, Jacqueline Okui, yatangaje ko uwo musore yamaze gusomerwa ibikubiye mu kirego yatanzweho ndetse aranagisobanurirwa, gusa ntihasobanuwe uburyo uwo musore yakozemo iyo mibonano mpuzabitsina mu buryo bw’ubugome.

Ku itariki ya 22 y’uku kwezi kwa Kanama, urukiko rwo muri Uganda rwareze ubutinganyi uwahoze ari impirimbanyi iharanira uburenganzira bw’abatinganyi n’undi mugabo, nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda.

Mu cyumweru gishize, urundi rukiko rwo muri Uganda rwareze umugore w’imyaka 26 ubucuruzi bw’abantu n’ibirego bitatu by’ubutinganyi.

Mbere yaho muri uku kwezi, banki y’isi yavuze ko ibaye ihagaritse inguzanyo nshya kuri Uganda, ivuga ko itegeko rihana abatinganyi rinyuranyije n’indangagaciro shingiro zayo.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago