Nyuma y’aho igihugu cya Uganda gifashe ingamba zo guhana abaryamana bahuje ibitsina, habonetse umusore w’imyaka 20 uregwa gukoresha imibonano mpuzabitsina uwo bahuje igitsina w’imyaka 41 mu buryo bw’ubugome.
Nk’uko ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) kuwa 28 Kanama 2023 byatangaje ko byabonye icyo kirego, ndetse ko uwo musore yarezwe kuwa 18 Kanama 2023. (Reuters) kuwa 28 Kanama 2023 byatangaje ko byabonye icyo kirego, ndetse ko uwo musore yarezwe kuwa 18 Kanama 2023.
Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bwa Uganda, Jacqueline Okui, yatangaje ko uwo musore yamaze gusomerwa ibikubiye mu kirego yatanzweho ndetse aranagisobanurirwa, gusa ntihasobanuwe uburyo uwo musore yakozemo iyo mibonano mpuzabitsina mu buryo bw’ubugome.
Ku itariki ya 22 y’uku kwezi kwa Kanama, urukiko rwo muri Uganda rwareze ubutinganyi uwahoze ari impirimbanyi iharanira uburenganzira bw’abatinganyi n’undi mugabo, nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda.
Mu cyumweru gishize, urundi rukiko rwo muri Uganda rwareze umugore w’imyaka 26 ubucuruzi bw’abantu n’ibirego bitatu by’ubutinganyi.
Mbere yaho muri uku kwezi, banki y’isi yavuze ko ibaye ihagaritse inguzanyo nshya kuri Uganda, ivuga ko itegeko rihana abatinganyi rinyuranyije n’indangagaciro shingiro zayo.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…