RWANDA

RDB yashyize hanze amabwiriza mashya avuguruye arebana n’ubutubari na resitora

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, (RDB) rwatangaje amasaha avuguruye ntarengwa mu buryo bwo gutanga serivise ku bikorwa by’imyidagaduro birimo utubari na resitora.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru w’Uru rwego, Akamanzi Clare, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, rigaragaza ko resitora, utubari, utubyiniro n’ububiko bwa Liquor bizajya bifunga saa Saba z’igicuku guhera ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu.

Ni mugihe ibyo bikorwa byavuzwe ruguru ku wa Gatandatu no ku Cyumweru bizajya bifunga saa Munani za mu gitondo.

Iyi gahunda azatangira kubahirizwa guhera tariki 1 Nzeri 2023.

RDB ikomeza ivuga ko serivisi zitangwa n’amahoteli zizakomeza gutangwa ku bantu bazicumbitsemo gusa.

Amaduka acuruza imiti, amaduka acuruza ibyo kurya n’inganda bizakomeza gukora ariko hubahirizwa amategeko n’amabwiriza bisanzweho.

Abakora ubucuruzi bw’utubari basabwa kudaha inzoga abakiliya babona ko banyoye bihagije.

Basabwa kandi kutakira abana bari munsi y’imyaka 18, bakazajya babanza kubaza indangamuntu mbere yo gutanga inzoga.

Abatazubahiriza aya mabwiriza bazahanishwa itegeko rigenga ubukerarugendo Nimero 12/2014 ryo ku wa 19 Gicurasi 2014.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

18 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago