POLITIKE

Ukraine: Perezida Zelensky yirukanye Minisitiri w’Ingabo

Oleksii Reznikov wari Minisitiri w’Ingabo za Ukraine yirukanwe na Perezida Volodymyr Zelensky, avuga ko ari ugukora impinduka kugira ngo hashakwe ibisubizo bishya bijyanye n’urugamba igihugu cye gihanganyemo n’u Burusiya rumaze imyaka hafi ibiri.

Advertisements

Zelensky ati “Muri iki Cyumweru, Inteko Ishinga Amategeko izasabwa gufata umwanzuro wayo bwite… Nafashe umwanzuro wo gusimbuza Minisitiri w’Ingabo wa Ukraine. Oleksii Reznikov yari amaze iminsi irenga 550 mu ntambara yeruye.”

Perezida Zelensky yagennye Rustem Umerov wahoze ari Umudepite nk’ugomba kuba Minisitiri w’Ingabo mushya.

Reznikov yabaye Minisitiri w’Ingabo guhera mu Ugushyingo 2021, ndetse yayoboye izindi nzego nkuru z’igihugu aho yanafashe inshingano nka Minisitiri w’Intebe wungirije.

Akuwe ku mwanya nyuma y’iminsi havugwa ruswa muri Minisiteri y’Ingabo.

Oleksii Reznikov wari Minisitiri w’Ingabo yirukanwe

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago