IMYIDAGADURO

Winston Duke wamamaye muri filime ya ‘Black Panther’ yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda

Icyamamare muri sinema ku Isi, Winston Duke yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri 2023.

Advertisements

Winston Duke wamamariye muri filime ‘Black Panther’ yamaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda hamwe na mushiki we Dr Cindy Duke hamwe n’abandi banyamahanga 23.

Uyu mugabo w’imyaka 36 yaje mu Rwanda mu muhango wo kwita izina abana b’ingagi akaba n’umwe mu bise izina abana b’ingagi mu birori byabaye mu mpera z’icyumweru gishize byari bibaye ku nshuro ya 19.

Ni ibirori byitabiriwe n’ibindi byamamare bitandukanye ku Isi, birimo abakanyujijeho muri ruhago ndetse n’abakinnyi ba filime n’abandi bayobozi bakomeye.

Winston yaje arikumwe n’abandi bakinnyi bahuriye muri filime ya Black Panther yise umwana w’ingagi ‘Intarumikwa’.

Ku munsi wakurikiyeho Winston arikumwe na Danai Gurira bahuriye muri Black Panther baje kwakirwa mu biro bya Perezida Kagame.

Nyuma yaho Duke yaje kugaragaza ko yagiranye ibiganiro byiza n’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, aramushimira ndetse yerekana ko yishimiye n’uburyo u Rwanda rwiyubaka.

Winston Duke yavukiye mu kirwa cya Trinidad & Tobago giherereye mu Majepfo ya Caraibe hagati y’inyanja ya Atlantic y’Amajyaruguru ashyira y’Uburasirazuba bwa Venezuela.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago