IMIKINO

Panama: Umukinnyi yishwe arashwe

Gilberto Hernández wakiniraga Ikipe y’Igihugu ya Panama yishwe arashwe n’abantu bitwaje intwaro.

Ni ubugizi bwa nabi bwabaye kuri iki cyumweru tariki 3 Nzeri 2023, mu Mujyi wa Colon.

Amakuru avuga ko abantu bataramenyekana bitwaje intwaro, barashe amasasu menshi ku itsinda ry’abantu benshi barimo n’uyu myugariro w’imyaka 26 bari kumwe mu nzu.

BBC dukesha iyi nkuru, ivuga ku muri icyo gitero hapfiriyemo abantu Barindwi bari kumwe nuyu Hernández wakiniraga Club Atlético Independiente bakomeretse ku buryo bukabije.

Ikomeza ivuga ko iki giteroi kijya kuba, abantu babiri bitwaje intwaro bategetse umushoferi wa taxi kubajyana mu nyubako yarimo abo bantu, bahita batangira kubarasa. Bahise biruka ariko umwe mu bakekwa yahise atabwa muri yombi.

 

Kugeza ubu ntakiratangazwa niba nyakwigendera ari we bashakaga kwicwa cyangwa impamvu yihishe inyuma y’ubu bwicanyi.

Gilberto Hernández yatangiye gukinira Ikipe y’Igihugu ya Panama muri Werurwe 2023 ubwo yakinaga na Guatemala.

Ishyirahamwe rya Ruhago muri Panama ndetse n’Ikipe ya Gilberto Hernández byihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Uyu mujyi uri ku cyambu giherereye mu Majyaruguru ya Panama, ufatwa nk’inzira ikomeye inyuzwamo cocaine ivanwa muri Amerika y’Epfo ijyanwa ku Mugabane w’u Burayi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago