Ikipe ya kabiri ya Senegal yamaze kugera mu Rwanda, aho ije gukina n’Amavubi mu mukino wa nyuma wo mu itsinda L mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizaba umwaka utaha.
Aba bakinnyi bazaba bayobowe n’abatoza ba CHAN,Malick Daff na Pape Thiaw,bageze mu Rwanda nijoro aho biteguye kwesurana n’u Rwanda muri uyu mukino wo kwitoza kuko igihugu cyabo cyamaze kubona itike.
Nubwo benshi mu banyarwanda bari bategereje kureba Sadio Mane na bagenzi be batozwa na Aliou Cisse,ntibyakunze kuko Senegal yasuzuguye uyu mukino izana ikipe ya kabiri.
Kuri uyu wa Gatanu,Senegal irakorera imyitozo kuri stade Huye izaberaho umukino kuri uyu wa Gatandatu.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru,CAF yashyize hanze itangazo rivuga ko uyu mukino uzaba saa tatu z’ijoro [21h00].
Ibiciro byo kwinjira kuri uyu mukino bizaba ari 1000 Frw mu myanya isanzwe, 3000 Frw ahatwikiriye ndetse n’ibihumbi 10 Frw mu myanya y’icyubahiro.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…