IMIKINO

Senegal ya kabiri yasesekaye mu Rwanda, aho yahize gutsindira Amavubi i Huye

Ikipe ya kabiri ya Senegal yamaze kugera mu Rwanda, aho ije gukina n’Amavubi mu mukino wa nyuma wo mu itsinda L mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizaba umwaka utaha.

Advertisements

Aba bakinnyi bazaba bayobowe n’abatoza ba CHAN,Malick Daff na Pape Thiaw,bageze mu Rwanda nijoro aho biteguye kwesurana n’u Rwanda muri uyu mukino wo kwitoza kuko igihugu cyabo cyamaze kubona itike.

Nubwo benshi mu banyarwanda bari bategereje kureba Sadio Mane na bagenzi be batozwa na Aliou Cisse,ntibyakunze kuko Senegal yasuzuguye uyu mukino izana ikipe ya kabiri.

Kuri uyu wa Gatanu,Senegal irakorera imyitozo kuri stade Huye izaberaho umukino kuri uyu wa Gatandatu.

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru,CAF yashyize hanze itangazo rivuga ko uyu mukino uzaba saa tatu z’ijoro [21h00].

Ibiciro byo kwinjira kuri uyu mukino bizaba ari 1000 Frw mu myanya isanzwe, 3000 Frw ahatwikiriye ndetse n’ibihumbi 10 Frw mu myanya y’icyubahiro.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago