INKURU ZIDASANZWE

RIB yinjiye mu kibazo cy’umugabo wakubise urushyi mugenzi we agahita yuma

Nyuma y’uko umugabo witwa Sibomana Jean Pierre wo mu Murenge wa Jali muri Gasabo akubise urushyi rutagira urw’akabiri umugabo mugenzi we witwa Hakizimana Innocent agahita yitaba Imana, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise ruta muri yombi uyu mugabo.

Advertisements

Aya mahano yabereye mu Mudugudu wa Rwankuba mu Kagari ka Agateko, mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, aho uyu mugabo witwa Jean Pierre uri mu kigero cy’imyaka 28 y’amavuko yakubise urushyi mugenzi we w’imyaka 43 agahita yumiraho.

Bivugwa ko uwo mugabo wakubise urushyi Innocent yabitewe n’ubusinzi.

Amakuru yemezwa na Gitifu w’Akagari ka Agateko witwa Hatangimana Jean Claude avuga ko ibyo byabaye mu masaha ya ni mugoroba ahagana Saa Tatu z’ijoro, ubwo Jean Pierre yaragiye kuvunjisha ibiceri agahura na Innocent.

Uyu yabajije Jean Pierre ati: “ Kuki ugurira abagore njye ntungurire?”

Undi ngo yahise arakara amukubita urushyi rw’inkuba ahita agagariraho.

Gitifu avuga ko ibyo bikiba, yahise ajyanwa ku ivuriro ngo barebe ko yazanzamuka ariko biranga.

Nyuma y’uko nyakwigendera akubiswe urushyi agapfa, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda rukorera mu murenge wa Jali, Rwahise ruta muri yombi umugabo witwa Siborurema Jean Pierre ukekwaho kumukubita urushyi.

Uyu mugabo watawe muri yombi ukekwaho kwica mugenzi we akoresheje urushyi, yari asanzwe akora kuri biyari [Billiards] yo mu kabari ku mugabo witwa Kabalisa.

Ni mugihe umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Nyarugenge.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago