IMIKINO

Rayon Sports na Al Hilal Benghazi bemeranyije igihe naho imikino izabera

Nk’uko byagarajwe ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe ya Rayon Sports mu nama yahuje impande zombi n’ikipe ya Al Hilal Benghazi yo muri Libya bemeranyije ku matariki umukino uzaberaho.

Mbere y’iyi nama, amakipe yombi yari yahuye yemeza ko yakina imikino yombi tariki ya 30 Nzeri ubanza hanyuma uwo kwishyura ugakinwa tariki ya 07 Ukwakira 2023 gusa CAF yababwiye ko bakwigize imbere amatariki kuko tariki 05 Ukwakira hagomba kuba hamenyekanye ikipe zageze mu matsinda ya CAF confederation Cup.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yabwiye abanyamakuru ko impande zombi zumvikanye igihe amakipe yombi azakinira nyuma y’ibiganiro byiza bagiranye.

Uwayezu yagize ati “Twatanze ubundi buryo bushoboka ko imikino yahinduka umukino wagombaga kuba kuwa 30 Nzeri washyirwa kuwa 23 Nzeri ariwo Al Hilal yazakira. Azaba ari kuwa Gatandatu noneho umukino wo kwishyura wari kuzaba kuwa 7 Ukwakira ikaba kuwa 30 Nzeri ariwo Rayon Sports izakira.”

Nibwo buryo twabahaye, nta cyemezo gifatwa kuko n’ibyifuzo twatangaga CAF niyo ifata icyemezo cya nyuma. Ubu rero bagiye kureba ibishoboka, urugendo rwashoboka, niba biboroheye, baraza kutubwira hanyuma tubigeze kuri CAF. Turacyari hano, tugomba kuhava ari uko icyemezo cya CAF cyasohotse.”

Ikipe ya Rayon Sports igiye kuba ikorera imyitozo i Benghazi kugeza kuwa Gatandatu ari nabwo izagaruka mu Rwanda.

Umukino wa Rayon Sports na Al Hilal Benghazi ubanza ushobora kuba ku ya 23 Nzeri uwo kwishyura ukaba 30 Nzeri 2023.

Kuko mbere ya Tariki ya 05 Ukwakira 2023 hazaba hamaze kumenyekana amakipe azakina amatsinda ya CAF Confederation Cup.

Imikino yose iteganyijwe kubera kuri Kigali Pelé Stadium.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago