INKURU ZIDASANZWE

Nyanza: Bane bafashwe bagiye kwiba inkoko umwe ahasiga ubuzima

Mu Mudugudu wa Buhaza, Akagari ka Gati mu Murenge wa Muyira muri Nyanza haravugwa inkuru y’abantu bane bafashwe n’abaturage bakabakubita babita abajura umwe akahasiga ubuzima.

Advertisements

Byabaye mu gicuku cyo kuri iki Cyumweru gishyira kuri uyu wa Mbere ubwo abantu bane bakekwaho kuba abajura bateye urugo rwa Théoneste Murwanashyaka w’imyaka 40, bagacukura inzu ye bashaka kumwiba ihene n’inkoko.

Ibyago byabo ni uko nyirurugo yari atarasinzira, abumvise avuza induru abaturanyi baratabara barabafata.

Mu kubafata habayeho kurwana, biza gutuma umwe muri abo bibaga arakubitwa arapfa undi witwa Ngarukiyintwari arafatwa.

Ibyangombwa bye byerekanye ko akomoka mu Murenge wa Kigoma, naho hakaba ari mu Karere ka Nyanza.

Uwapfuye yitwa Niyomugabo.

Nyiri urugo yabumvise avuza induru atabarwa n’abaturage, barwana na bo umwe mu bajura witwa Niyomugabo arakubitwa ahita apfa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyira witwa Muhoza Alphonse yabwiye UMUSEKE ko umwe mu bafashwe yababwiye ko bari abantu bane, ariko babiri bariruka barabacika.

Muhoza ati “Umwe yakubiswe bimuviramo gupfa.”

Ubwo nyiri inzu yatabazaga, yagiye gusohoka asanga abajura bamukingiraniye imbere, ariko atabarwa n’abaturage benshi ari nabo bakubise abo bantu, umwe akahasiga ubuzima.

Uwakomeretse yajyanywe ku bitaro bya Nyanza ngo avurwe, naho umurambo w’uwapfuye wo watinze kuvanwa aho yiciwe.

Ikindi ni uko uwo wapfuye hataramenyakana imyirondoro ye y’ukuri kandi ngo abo bajura bateshejwe bamaze gusohokora inkoko aho zari ziziritse ngo bazijyane.

Ubuyobozi bw’umurenge busaba abaturage kwicungira umutekano batangira amakuru ku gihe ariko bakirinda kwihanira kuko bitemewe mu mategeko y’u Rwanda.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago