IMYIDAGADURO

Nelly arashaka kubyarana n’umuririmbyi Ashanti

Umuraperi w’Umunyamerika Cornell Iral Haynes Jr. wamamaye nka Nelly yahishuye ko yifuza kubyarana n’umuririmbyi Ashanti bahoze bakundana.

Advertisements

Nelly yatangaje ko arimo gushyira ingufu mu kubyarana n’uyu muhanzikazi Ashanti nyuma yo kubura umubano w’urukundo rwabo.

Ibi yabitangaje kuri Instagram nyuma yo kumutungura n’impanp y’imodoka ye y’inzozi ku munsi w’amavuko.

Umwe mu bakoresha uru rubuga rwa Instagram yahise abwira Nelly ko akwiriye guhita akora ibishoboka byose agatera inda uyu muhanzikazi. Nelly nawe mu kumusubiza amubwira ko arimo kubikoraho.

Aba bombi basanzwe banafitanye indirimbo yakunzwe cyane yitwa ‘Body on me’ bafatanije na Akon, bakundanye igihe kirekire mu myaka 11 baza gutandukana mu mwaka 2013. Bongeye kubura urukundo rwabo mu mezi make ashize, baza kubyerura mu kwezi kwa Nzeri muri uyu mwaka 2013.

Uyu mugabo w’imyaka 49 w’abana babiri umuhungu n’umukobwa arifuza kongera kubyarana n’uwo bahoze bakunda mu myaka 10 irenga.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago