IMIKINO

Angel Di Maria yateye umugongo Cristiano Ronaldo bakinanye

Umunya-Argentine Angel Di Maria yatunguranye avuga Abakinnyi 11 beza yakinanye nabo batarimo Cristiano Ronaldo.

Advertisements

Uyu mukinnyi ukina hagati ariko aca ku ruhande mu ikipe y’Igihugu ya Argentine na Benefica abarizwamo kuri ubu yavuze Abakinnyi beza bakinanye bibihe byose kuri we ariko benshi batungurwa no kutumvamo Cristiano Ronaldo.

Uyu mukinnyi wakiniye Real Madrid na PSG arateganya gusezera gukina umupira w’amaguru nyuma y’irushanwa ryo guhatanira igikombe cya Copa America riteganyijwe muri iyi mpeshyi.

Mugihe yitegura gusezera kuri ruhago mu ikipe y’Igihugu, uyu mukinnyi ukinira hagati mu kibuga mu ikipe ya Benefica yabajijwe mu kiganiro yagiranye na MARCA, ko yabasangiza abakinnyi beza bakomeye yagiranye nabo ibihe byiza mu kibuga.

Di Maria yagize umunyezamu wa mbere kuri we Emiliano Martinez, Ottamendi na Mascherano abashyira mu mutima w’ubwugarizi.

Ku ruhande rw’iburyo mu bugarira yahashyize umunya-Espagne Sergio Ramos naho ibumoso ahashyira Marcelo umunya-Brezil.

Abakina hagati yashyize Rui Costa na Neymar Jr.

Di Maria yashyize ku ruhande rw’iburyo mu basatira izamu Leo Messi ku ruhande rw’ibumoso ahashyira Kylian Mbappe mugihe Ibrahimovic yamushyize nk’umwataka.

Abakunzi ba Di Maria batunguwe no kumva urwo rutonde rutarimo Cristiano Ronaldo bakinanye mu ikipe ya Real Madrid imyaka ine yose, mugihe mu bo yatanze humvikanyemo abakinnyi babiri gusa aribo Sergio Ramos na Marcelo.

Angel Di Maria na Cristiano Ronaldo bagiranye ibihe byiza mu ikipe ya Real Madrid

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago